Amakuru yatangajwe n’inzego z’ubuzima muri Congo agaragaza ko ku wa 19 Kamena abari bamaze kwandura bari 933, naho abamaze gupfa bari 245.

Ibi bivuze ko mu gihe gito, habayeho ubwiyongere bushya bw’abanduye ndetse n’abahitanwa n’iki cyorezo.

Ku rundi ruhande abaganga n’abatabazi bari kwita ku barwaye Ebola mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahangayikishijwe bikomeye n’uko bari kubacika, bakajya gushaka ibiryo kuko ibitaro bidafite ubushobozi bwo kubagaburira.

Ikigo cy’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gishinzwe kurwanya no gukumira indwara, Africa CDC, kigaragaza ko hatagize igikorwa byihuse ku mbogamizi ziri kugaragara, iki cyorezo gishobora kuzica benshi kurusha uko byagenze mu myaka yashize.

Abarwayi ba Ebola n'abo ihitana muri RDC bariyongereye