Mugisha yasoreje ku mwanya wa gatanu ku rutonde rusange, mu gihe ari we wahize abandi mu manota yo kuzamuka imisozi.
Uyu mukinnyi usanzwe ukinira Benediction Banafrica Team mu Rwanda ndetse agahamagarwa mu Ikipe y’Igihugu, yagiye muri Vietnam ku butumire bw’ikipe ya TPHCM Vinama.
Iri rushanwa rya ‘Ho Chi Minh City Television Cycling Cup’ ryabaga ku nshuro ya 38, ryatangiye tariki ya 3 Mata risozwa kuri uyu wa 30 Mata 2026, aho ryari rigizwe n’uduce 25 tureshya n’ibilometero 2745.
Mugisha Moïse yasoje utwo duce twose ari ku mwanya wa gatanu, aho yakoresheje amasaha 66, iminota 33 n’amasegonda icyenda, arushwa iminota 10 n’amasegonda 10 na Yarash Uladzislau w’Ikipe ya Ho Chi Minh City New Group wegukanye irushanwa ry’uyu mwaka.
Uyu mukinnyi w’Umunyarwanda ni we wasoje irushanwa yambaye umwambaro w’umukinnyi mwiza mu kuzamuka imisozi, aho yagize amanota 51 akurikiwe Pierantozzi Lucio yarushije amanota 12 mu gihe Yarash Uladzislau yasozanyije amanota 38 ku mwanya wa gatatu.
Ubwo iri rushanwa ryatangiraga tariki ya 3 Mata, ryarimo abakinnyi 115, ariko abarisoje ni abakinnyi 25 gusa.








Loading comments...
Tanga igitekerezo