Tour d’Algérie y’uyu mwaka yari igizwe n’uduce 10, yari yitabiriwe n’abakinnyi 105 bagize amakipe 18 arimo atatu y’ibihugu ari yo Team Rwanda, Ikipe y’Igihugu ya Tunisia n’iya Oman.

Ku munsi wa nyuma wakinwe abakinnyi bava i Alger bajya i Tizi Ouzou ku ntera y’ibilometero 105, mu bakinnyi bari bahanzwe amaso harimo Umunyarwanda Masengesho Vainqueur warushwaga amasegonda 19 n’umukinnyi wa mbere.

Iki kinyuranyo cyageze kuri aya masegondo kivuye ku munota umwe n’amasegonda 11 Masengesho yagabanyije ku gace ka cyenda ubwo yabaga uwa gatatu akurikiye Rizqi Dimas wabaye uwa kabiri. Icyo gihe uwari uwa mbere ni Yorben Lauryssen.

Ku munsi wa nyuma, uyu mukinnyi w’Umunyarwanda ntiyashoboye gukuramo amasegonda 19 yarushwaga n’uyu Munya-Indonesia kuko yasoreje ku mwanya wa 13 arushwa amasegonda 47 n’Umubiligi Yorben Lauryssen w’Ikipe ya Tarteletto- Isorex, anganya ibihe na Rizqi Dismas wabaye uwa 17.

Ku rutonde rusange, Rizqi Dismas yakoresheje amasaha 26 n’amasegonda 28 ku ntera y’ibilometero 1282, naho Masengesho Vainqueur akoresha amasaha 26 n’amasegonda icyenda.

Abandi Banyarwanda bitabiriye iri siganwa ni Ntirenganya Moïse wabaye uwa 23, Ufitimana Shadrack wa 27, Uhiriwe Espoir wa 40, Twagirayezu Didier wa 47 na Nshutiraguma Kevin wa 55. Ni mu gihe abakinnyi 82 ari bo basoje isiganwa ryose.

Muri iri rushanwa riri ku rwego rwa 2,2 u Rwanda rwaherukaga kwitabira mu 2024, kuri iyi nshuro rwari rwifashishije abakinnyi bari munsi y’imyaka 23 uretse Masengesho Vainqueur ufite imyaka 24.

Umusaruro wa Masengesho warazamutse ugereranyije n’uko yari yitwaye ubushize kuko mu 2024 yari yasoje ari we Munyarwanda witwaye neza, yabaye uwa cyenda ku rutonde rusange, arushwa iminota itatu n’amasegonda 58.

Masengesho Vainqueur (wa kabiri ibumoso), yasoreje ku mwanya wa kabiri muri Tour d’Algérie
Masengesho yagiye gukina agace ka nyuma arushwa amasegonda 19 gusa, ariko birangira atabashije kuyakuramo
Team Rwanda yari mu makipe 18 yitabiriye Tour d’Algérie iri ku rwego rwa 2,2