Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 25 Mata 2026, ni bwo hatangiye gukinwa iri siganwa ry’iminsi ibiri aho muri uyu mwaka rifite umwihariko wo kuba ryarateguwe ku bufatanye n’shyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) n’Akarere ka Rusizi.

Abagabo n’abatarengeje imyaka 23 bahagurukiye i Karongi, basoreza i Rusizi imbere y’isoko ku ntera y’ibilometero 119.

Nsengiyumva Shemu wa Java-InovoTec ni we watanze abandi kugera i Rusizi, yakoresheje amasaha atatu, iminota 20 n’amasegonda 57. Yakurikiwe na Tuyizere Hashim wa Team Amani yasize amasegonda atatu naho Byukusenge Patrick wa Java-InovoTec aba uwa gatatu yasizwe iminota ibiri n’amasegonda 56.

Shemu wari mu bakinnyi bayoboye isiganwa igihe kirekire, ni we wegukanye kandi amanota y’ahatambika yatangiwe ku kilometero cya 79,8 ndetse n’ay’ahazamuka yatangiwe ku kilometero cya 99,6.

Mu bagore bavuye mu Karere ka Nyamasheke ku ntera y’ibilometero 90, Race to Remember 2026 yegukanywe na Ingabire Diane wa Benediction Club wakoresheje amasaha abiri, iminota 59 n’amasegonda 34.

Yakurikiwe na Nzayisenga Valentine na we wa Benediction Club amusize amasegonda 40 naho Irakoze Denyse wa Ngarama Women Cycling Team aba uwa gatatu yasizwe iminota 10 n’amasegonda 25.

Ingabire Diane yegukanye amanota y’ahatambika ku kilometero cya 79,6 naho Nzayisenga atwara ay’ahazamuka yatangiwe ku kilometer cya 70,7.

Mu ngimbi na zo zakoze intera y’ibilometero 90, Nkulikiyinka Jackson wa Benediction Cycling Team ni we wabaye uwa mbere akoresheje amasaha abiri, iminota 31 n’amasegonda 34. Yakurikiwe na Ganza Prince Ferguson wa Kayonza Cycling Team ndetse na Ishimwe Brian wa Ndabaga Cycling Team.

Ni mu gihe mu bangavu bahagurukiye i Buhinga muri Nyamasheke ku ntera y’Ibilometero 30, hatsinze Akimana Donatha wa Ngarama Women Cycling Team akoresheje isaha, iminota 10 n’amasegonda 48, akurikirwa na Masengesho Yvonne wa Ndabaga Women Cycling Team yasize isegonda rimwe naho uwa gatatu aba Kanyange Emelyne wa Bugesera Cycling Club wasizwe amasegonda 14.

Umunsi wa Kabiri w'iri siganwa ryo Kwibuka, uzakinwa ku Cyumweru aho abakinnyi bazenguruka mu Mujyi wa Rusizi ku ntera nto y’ibilometero 3,5 (Rusizi Market – Carefour – Isimbi Motel – Rusizi Market) inshuro zitandukanye.

Iri siganwa rizabanzizwa n'irya rusange rizahuza abantu bose batwara amagare [Social Ride] guhera Saa Mbiri za mu gitondo.

Race to Remember 2026 yatangiriye ahantu hatatu kubera ibyiciro by'abasiganwa
Isiganwa ry'uyu mwaka ryateguwe ku bufatanye bwa FERWACY n'Akarere ka Rusizi
Abakinnyi binjira muri Nyungwe
Nkurikiyinka Jackson wa Benediction yishimira intsinzi yabonye mu cyiciro cy'ingimbi
Ingabire Diane yishimira intsinzi yabonye ubwo yegukana irushanwa mu bagore
Nsengiyumva Shemu yageze i Rusizi ari imbere wenyine mu bagabo
Abanya-Rusizi bongeye kugaragaza urukundo bafitiye umukino w'amagare
Mbere yo guhemba abakinnyi bitwaye neza, hafashwe umunota wo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Abakinnyi batatu ba mbere mu bagore barimo Ingabire Diane (hagati), Nzayisenga Valentine (ibumoso) na Irakoze Denyse bashimirwa n'abayobozi
Visi Perezida wa Mbere wa FERWACY, Bigango Valentin na Meya w'Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel, bahemba abakinnyi bitwaye neza mu bagabo
Tuyizere Hashim (ibumoso), Nsengiyumva Shemu (hagati) na Byukusenge Patrick (iburyo) ni bo bitwaye neza mu bagabo
Abakinnyi bitwaye neza mu bagabo batarengeje imyaka 23
Abakinnyi bitwaye neza ku munsi wa mbere bifotozanya n'abayobozi

Amafoto: FERWACY