Ntabwo byari biherutse ko umubare w’abishwe n’iki cyorezo ugera kuri batanu ndetse kuri iyi nshuro abahitanywe na cyo ni abagore bane n’uruhinja.

Ni mu gihe abanduye muri ayo masaha ari 1.066 bikaba byatumye abamaze kwandura mu minsi irindwi ishize bagera kuri 8.053.

Icyorezo cya Covid-19 cyageze mu Rwanda muri Werurwe 2020, kuva icyo gihe abamaze kwandura bose hamwe ni 117.123 mu bipimo 4.093.759 bimaze gufatwa mu gihe abamaze guhitanwa na cyo ni 1.362.

Mu guhangana n’iki cyorezo uretse iyubahirizwa ry’amabwiriza yashyizweho, u Rwanda rukomeje gahunda yo gukingira abaturage aho kugeza ubu abakingiwe byuzuye ari 5.55.134.