Ni ubukangurambaga bugamije gushishikariza Abanyakigali kwikingiza by’umwihariko abamaze gufata dose ebyiri z’urukingo rwa Covid-19 ariko bakaba batarafata urushimangira.
Icyo gikorwa kizakorwa hifashishijwe imodoka yagenewe gutanga izo serivisi za ‘Mobile Clinic’ guhera tariki ya 3 Gashyantare 2022.
Ingengabihe igaragaza ko iyi modoka izajya igera ahahurira abantu benshi abatarakingirwa bahabwe inkingo ikomereze ahandi.
Biteganyijwe ko ku wa 3 Gashyantare iki gikorwa kizahera mu muhanda wa Sonatubes-Rwandex, Rwandex-Kanogo na Kanogo -Poids Lourds-Nyabugogo.
U Rwanda rukomeje gushishikariza abantu bujuje ibisabwa kwitabira guhabwa inkingo za Covid-19 kugira ngo babashe kugira ubudahangarwa bw’umubiri.
Imibare igaragaza ko abantu 8.590.311 aribo bamaze guhabwa doze ya mbere y’urukingo mu gihe 7.102.763 ari bo bamaze guhabwa doze ebyiri naho abahawe urukingo rushimangira ari 1.049.865.






Loading comments...
Tanga igitekerezo