Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 20 Kamena 2026, ni bwo Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yatangaje ko yungutse umukinnyi mushya uzayifasha guhera mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27.

Uyu mukinnyi ni rutahizamu ukina anyuze mu mpande by’umwihariko ibumoso, Amani Kouadio Kan Michel Breygeneve, akaba yasinye amasezerano y’imyaka ibiri.

Amani Kouadio w’imyaka 27 yakiniraga AFAD Djékanou yo mu Cyiciro cya Mbere muri Côte d’Ivoire, akaba ari na we watsinze ibitego byinshi muri iyi Shampiyona, aho yatsinze ibitego 17.

Uyu mukinnyi mushya wa APR FC abaye umunyamahanga wa mbere utangajwe muri iyi mpeshyi, akaba uwa kabiri muri rusange ugeze muri iyi kipe nyuma ya Ishimwe Christian wakiniraga Police FC.

Abandi bakinnyi bitezwe muri iyi kipe b’abanyamahanga barimo Mamadou Traoré wari muri Stade Malien, Madou Zon wo muri TP Mazembe n’umunyezamu Ernan Siluane wo muri Mozambique.

Aba bari kuhagera basanga APR FC yaratandukanye n’abarimo Aliou Souané, Mamadou Sy, Niyomugabo Claude na Mahamadou Lamine Bah, mu gihe bivugwa ko ishobora kudakomezanya n’abandi barimo Ishimwe Jean Pierre, Mugisha Gilbert, Dennis Omedi na Niyibizi Ramadhan.

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yegukanye BK Pro League n’Igikombe cy’Amahoro mu mwaka ushize wa 2025/26, iritegura amarushanwa mpuzamahanga arimo CECAFA Kagame Cup rizabera mu Rwanda, ndetse na CAF Champions League.

Amani Kouadiokan yashyize umukono ku masezerano y'imyaka ibiri
Amani Kouadiokan azajya asatira izamu anyuze ku ruhande
Amani Kouadiokan yahawe nimero 17
Amani Kouadiokan yashyize umukono ku masezerano y'imyaka ibiri
Amani Kouadiokan yakiriwe na Chairman w’Agateganyo wa APR FC, Col (Rtd) Vincent Mugisha