{Ku itariki ya 20 Gicurasi 2014 nibwo mu gihugu cya Nigeria muri Leta ya Plateau mu gace ka Jo sari naho umuraperi Ice Prince akomoka, haturikijwe ibisasu bibiri bihitana abantu 118 abandi 54 baburirwa irengero. }
Uyu muraperi amaze kubona ibiri kubera mu karere avukamo yasabye Perezida wa Nigeria gufatira umwanzuro iki kibazo mu maguru mashya kuko ubuzima bw’abaturage bukomeje kuhatikirira abandi bagashimutwa mu buryo butazwi bazira ubusa .

Ibi bisasu bimaze guterwa , Ice Prince Prince yagaragaje uburakari atewe n’ubwicanyi bukomeje gukorwa n’intagondwa zo mu mitwe y’iterabwoba yigabije agace akomoka, abinyujije kuri twitter yasabye Perezida wa Nigeria Goodluck Jonathan gushaka umuti w’iki kibazo kuko kimaze kuzahaza abaturage .

Ice Prince ati, “Goodluck Jonathan!! Ibi ni ibiki?? Twakomeje kumva aya makuru kuva uyu mwanda watangira…None igisasu gitewe mu mujyi mvukamo!! Ibi ni ibiki koko??”
Ice Prince Zamani mu kiganiro yagiranye n’inshuti ze kuri uru rubuga yakomeje asaba uyu muyobozi gukora uko ashoboye agahashya iyi mitwe y’iterabwoba yihishe muri Leta ya Plateau kugira ngo abaturanyi be babeho mu mutekano usesuye .
Ikinyamakuru Nigeriafilmz cyo muri iki gihugu, cyatangaje ko Ice Prince ari umwe mu bahanzi bakomeye muri Nigeria Perezida akunda .
Nk’uko Jeune Afrique yabitangaje, ibi bisasu bimaze guturika, Perezida wa Nigeria Goodluck Jonathan yanenze ibi bikorwa yavuze ko ari ukwibasira inyokomuntu.
Goodluck Jonathan yagize ati “ Ni igitero cyo kwibasira ubwisanzure bw’umuntu, bishwe n’abantu, inkozi z’ibibi ndengakamere.” Yakomeje avuga ko guverinoma ye itazahwema kurwanya iterabwoba.

Leta ya Plateau irimo umupaka utandukanya amajyepfo y’ Abakirisitu n’Amajyaruguru agizwe n’Abayisilamu, kikaba igice gituwe cyane muri Afurika ari nacyo gikize ku mugabane wa Afurika.
Muri iyi Ntara hakomeje kubera ubwicanyi burimo n’ubwakozwe na Boko Harm, umutwe uhanganye na Leta ya Nijeriya, ari nayo yashimuse abakobwa basaga 200 bagikomeje gushakishwa ku bufatanye n’amahanga . Ibi bitero bije bikurikira, ikindi cy’ubwiyahuzi cyabereye mu gace ka Kano, umujyi munini mu Majyaruguru ya Nijeriya, cyahitanye abantu bane .




Loading comments...
Tanga igitekerezo