Byabaye mu mpera z’icyumweru twasoje, ku wa 30 Gicurasi 2026, mu Kigo cya Tomping cy'Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo i Juba, aho habaye imikino isoza irushanwa ryateguwe mu mupira w'amaguru na Volleyball.

Mu mupira w'amaguru, ikipe y'Ingabo z'u Rwanda (Rwanbatt-3) yahuye n’ikipe ya Giant Killers, igizwe n’abakozi ba Loni b’abasivili. Umukino warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa hitabazwa penaliti. Rwanbatt-3 yegukanye intsinzi kuri penaliti 9-8, ihita yegukana igikombe.

Mu marushanwa ya Volleyball, Rwanbatt-3 yegukanye umwanya wa kabiri nyuma yo gutsindwa amaseti 3-0 n’ikipe y’abasirikare ba Nepal ku mukino wa nyuma.

Aya marushanwa yahuje abasirikare n’abapolisi baturutse mu bihugu bitandukanye bitanga ingabo muri UNMISS, amakipe y’abakozi ba Loni hamwe n’abaturage.

Yagize uruhare mu gushimangira ubufatanye no guteza imbere umwuka w’ubusabane hagati y’abayitabiriye.

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-3) ihanganye na Giants Killers mu mupira w'amaguru
Ikipe y'Ingabo z'u Rwanda yari ishyikiwe bidasanzwe
Rwanbatt-3 yegukanye igikombe muri ruhago itsinze penaliti 9-8
Abasirikare b'u Rwanda bari mu butumwa bw'amahoro muri Sudani y'Epfo bishimira igikombe begukanye