Mu gihe u Rwanda rukiri mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, amashyirahamwe atandukanye ategura amarushanwa agamije kongera kwiyubaka no guharanira ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ni muri urwo rwego Ishyirahamwe ry’Umukino wa Table Tennis mu Rwanda, ryateguye irushanwa ryakinwe mu byiciro bibiri, harimo icy’abagabo cyakinwe n’abakinnyi 32, naho ikindi cy’abagore gikinwa n’abagera kuri 16.

Mu bagabo Patience Asifiwe ukinira Rilima TTC, yitwaye neza ku mukino wa nyuma, atsinda Kellys Ndekwe ukinira Ubumwe TTC amaseti 3-2. Umwanya wa gatatu n’uwa kane yegukanywe na ⁠Steven Niyogisubizo na ⁠Devoir Muyisenge Delta TTC.

Mu cyiciro cy’abagore Elizabeth Kamikazi wa Spero TT Academy, yatsinze Josephine Mushimiyimana wa Delta TTC amaseti 3-1. Umwanya wa gatatu wegukanywe na ⁠Diane Uwase wa Spero TT Academy, n’aho uwa kane uba uwa ⁠Kettia Gasaro na we ukinira iyi kipe.

Kamikazi Elisabeth na Uwase Diane ni bamwe mu bafashije u Rwanda kubona Itike yo gukina Shampiyona y’Isi ya 2026, nubwo bayitabiriye bakaviramo mu matsinda.

Aba ni bo bakinnyi bahize abandi mu irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Kamikazi Elizabeth ni umwe mu bakinnyi bakomeye muri Table Tennis mu Rwanda mu bagore
Patience Asifiwe, Kellys Ndekwe, Steven Niyogisubizo na Devoir Muyisenge begukanye irushanwa ryo Kwibuka 2026 mu bagabo

doc953519|center>

Kamikazi na Asifiwe begukanye irushanwa ryo Kwibuka 2026
Abakinnyi barenga 40 ni bo bitabiriye irushanwa ryo Kwibuka 2026