Yitabye Imana ku wa 11, Gicurasi 2026 azize indwara ya kanseri y’impyiko. Yari amaze kugira imyaka 40 y’amavuko.

Umuhango wo gushyingura nyakwigendera watangiye ku wa Gatatu tariki ya 17 Kamena 2026 mu kiriyo cyo kwizihiza ubuzima bwe no kumusezeraho bwa nyuma. Byabereye mu gace ka Ujari aho iwabo.

Yashyinguwe kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Kamena 2026, hafi y’ikigo cy’amashuri cyitiriwe Mary Slessor School giherereye mu gace ka Amanagwu kari mu gice umuryango we na ba sekuruza bahoze batuyemo.

Abakinnyi ba filime benshi muri Nigeria bari mu bananiwe kwifata bagaragaza amarangamutima ko bababajwe n’urupfu rw’uyu mugenzi wabo dore ko usibye kuba yarakinaga filime akaba n’umunyamideli, yari asanzwe ari umwe mu bakora ibikorwa by’ubugiraneza bitandukanye kugira ngo ubuzima bwa rubanda rwa giseseka burusheho kuba bwiza.

Umukinnyi wa filime Alexx Ekubo yashyinguwe