Ku munsi nk'uyu w'isabukuru ye umwaka ushize, yari mu ruzinduko rw’akazi mu Birwa bya Samoa, aho yari yagiye mu Nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Umuryango Commonwealth uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (CHOGM).
Bamwe mu bayobozi mu nzego zitandukanye z’igihugu bari bamuherekeje, kuri iyo tariki bafashe umwanya bamwifuriza isabukuru nziza. Birumvikana ko umwaka yawutangiriye mu kazi!
Ntibyahereye aho rero, uko yatangiye umwaka ari mu kazi, yanakomerejeho kuko muri uyu mwaka, kuva ku wa 23 Ukwakira 2024 kugeza uyu munsi ku wa 23 Ukwakira 2025, yakozemo ibikorwa byinshi bitandukanye haba mu gihugu ndetse no hanze y'igihugu, bishimangirwa n'ingendo zitandukanye yagiriye hirya no hino ku Isi.
Mu ijambo ryinjiza Abanyarwanda mu mwaka wa 2025, Perezida Kagame yavuze ko ihame ry’iterambere ry’u Rwanda, rishingiye ku kumva ko ari rwo rugomba kwigeza ku byo rushaka, ati “ Ntushobora gutegereza ko abandi bazaguteza imbere wowe ubwawe udashyize imbaraga muri ibyo bikorwa by’iryo terambere.”
Ni muri uwo mujyo uyu mwaka wa Perezida Kagame, waranzwe ahanini n'akazi, aho ibikorwa byinshi yakoze bihamywa n'amafoto arenga 120 twakusanyije, agaragaza ibikorwa bitandukanye yakoze kuva ku munsi yujurijeho imyaka 67 kugeza uyu munsi yujuje imyaka 68, byose bigamije gushakira igihugu iterambere.
Umwaka wa Perezida Kagame mu mafoto



























































































































Amafoto: Village Urugwiro





Loading comments...
Tanga igitekerezo