Ikipe ya APR y’Amagare yatangiye kurambagiza abakinnyi ihereye mu bato
Ikipe nshya ya APR Cycling Club yatangiye gushaka abakinnyi b’abahungu bakiri bato bafite impano yo gusiganwa ku magare, bari hagati y’imyaka 14 na 16, aho bari mu bo izatangirana yitabira amarushanwa ategurwa n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY).