Inzitane z’ibibazo mu myigire, uko yashinze umuryango w’abatabona mu Rwanda: Ikiganiro na Dr Kanimba
“Byari bigoye ariko byarashobotse narize. Naje kubona ko ari nk’aho nta bandi bantu bafite ubumuga bwo kutabona bari barize i Burundi no mu Rwanda.” Ayo ni amwe mu magambo ya Dr Kanimba Donatille, uyobora umuryango w’abafite ubumuga bwo kutabona mu Rwanda (Rwanda Union of the Blind:RUB), akaba ari na we wawushinze.