{I Madrid muri Espagne ku Cyumweru tariki 14 Nzeri 2014, nibwo hasojwe irushanwa ry’ikombe cy’Isi mu mukino wa Basketball aho ikipe ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari yo yacyegukanye nyuma yo gutsinda ikipe ya Serbia amanita 129 kuri 92.}

Umwanya wa gatatu wakinwe kuwa Gatandatu wegukanwe n’ikipe y’u Bufaransa yatsinze ikipe ya Lithuania ku manota 95 kuri 93, mu mukino wari ukomeye cyane ndetse wanagaragayemo ubuhanga bw’abakinnyi bashobora guhatanirwa n’amakipe atandukanye yo mu irushanwa rya NBA muri USA, rikomeye kurusha ayandi ku Isi.
USA yabaye igihugu cya gatatu gitwaye igikombe cy’Isi kikurikiranyije ndetse ica agahigo ko kumara imikino 63 mpuzamahanga idatsindwa.

Agace ka gatatu k’umukino karangiye ikipe ya USA ifite amanita 105 nubwo iyi kipe igizwe n’abakinnyi bashya muri yo dore ko Rudy Gay ari we wenyine wari uyirimo wakinnye igikombe cy’isi giheruka muri 2010 muri Turukiya. Abakinnyi bakomeye nka LeBron James, Carmelo Anthony, Chris Paul, Blake Griffin, Russell Westbrook na Kevin Durant (wari wabaye umukinnyi witwaye neza/MVP) bari batangaje batazitabira iri rushanwa kubera impamvu zitandukanye.

Iyi ntsinzi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika itumye iki gihugu cy'igihangange muri uyu mukino kibona itike bidasubirwa yo kwitanira imikino Olimpike izabera i Rio de Janeiro muri Brezil mu 2016.













Loading comments...
Tanga igitekerezo