– Ku mugoroba wo kuwa 27 Nzeri 2014, i Kigali habereye igitaramo cyerekana imyambarire y’abari n’abategarugori mu Rwanda kuva mbere y’umwaduko w’abazungu kugeza ubu.
– Umwana ugikina ku irembo ry’iwabo yambaraga ate?
– Umukobwa nyamwari n’inkumi z’amasoni bambaraga ishabure bakirinda gusamara ku gasozi na basaza babo bakirinda kubendereza nk’uko babaga baratojwe.
– Aho imyenda yadukiye, Abanyarwanda bahisemo ibibubahisha
– Uzi inkumi yo hambere yabaga irangije amashuri yisumbuye i Save, Byimana n’ahandi?
– Umugeni yarimbaga ate iyo yabaga agiye kurongorwa?
– Kuva ku ishabure n’inkanda kugeza ku mishanana, rumbiae, baratintugu, rukenyambavu, nta mwenda wasizwe inyuma.
– Byose byari bigamije kwerekana uko Umunyarwandakazi yakwambara neza ntibimugayishe.

"Mbega gukumbuzwa u Rwanda rwo hembere!" Iyi yari intero ya benshi mu bitabiriye igitaramo cyabaye bwa mbere mu Rwanda, igitaramo cyerekana imyambaro y’Umunyarwandakazi wo hambere kugeza ubu.

Iki gitaramo cyateguwe n’ababyeyi bibumbiye mu itsinda bise ‘Ijuru ry’umucyo’, cyabereye mu nzu mberabyombi y’ishuri rya IPRC Kigali riri mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, cyaranzwe no gushimisha abakitabiriye kuva cyatangira kugeza ku musozo.

Ijuru ry’Umucyo, ni igitaramo cyari kigamije kwereka abakobwa, abagore n’abakecuru uko Umunyarwandakazi akwiye kwambara afatiye ku rugero rw’imyambarire yo hambere, abagiteguye bakaba basobanuye impamvu yatumye bibanda ku myambaro y’abagore gusa.

Mu ijambo rye, ubwo iki gitaramo cyatangiraga, umuyobozi w’Ijuru ry’Umucyo Kayitesi Therese akaba yabanje kubisobanura neza agira ati {“Turaganira ku bana b’abakobwa kuko nibo shingiro ry’urugo, nibo shingiro ry’umuryango”.}

Mu Kiganiro yagiranye na IGIHE ubwo iki gitaramo cyari gihumuje, Kayitesi yavuze ko bamaze gufata ingamba zihoraho zo kwigisha abakiri bato ibijyanye n’umuco haba mu bitaramo no kubaganiriza babagira inama, ndetse avuga ko ubutaha bazerekana n’uko abagabo nabo bakwiye kwitwara.

Yagize ati “Ni ziriya ntego dufite, ntabwo twizeraga ko abantu bazabikunda gutya, ubu rero biduteye imbaraga no kuzakomeza kuko tugomba gukomeza gufasha abana niyo ntego twihaye, hari intego dufite yo gukomeza gufasha urubyiruko turugira inama, ari abagiye kubaka, ari abubatse batangiye kugira ibibazo twababwira uko babyitwaramo, kuko kwihangana ni ikintu gikomeye kitabonwa na buri muntu [..] uko tungana uku tukaba tutarasenya, ni ukuvuga ko tubifitemo uburambe…”

Iki gitaramo cyari cyitabiriwe n’abantu b'ingeri zose ariko biganjemo abakuze, cyanagaragayemo umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro Paul Jules Ndamage wanemereye Ijuru ry’Umucyo kuzajya batizwa inzu yo gukoreramo ibitaramo nk’ibi.

Mayor Ndamage yanashimiye cyane Ijuru ry’Umucyo asaba ko abantu bose bagira ibikorwa bifasha u Rwanda kubumbatira umuco kuko ari mwiza.

Yagize ati “Ndashimira aba babyeyi, ndashimira Ijuru ry’Umucyo, baracyeye koko, ni abantu bacyeye, bafite ibitekerezo bicyeye, wamugani bishobora no kukujyana mu ijuru "

Uyu muyobozi yakomeje ashimira abatekereje iki gitaramo kuko gifite ibyo cyubaka binyuranye n'amateka yo hambere aho ibisa n'umuco byari byafatwaga nk'ibizira kubera ivanguramoko.

Yagize ati "Iyo ubonye ibintu nk’ibi, bikwibutsa amateka mabi igihugu cyanyuzemo agatuma umuco nk’uyu mwiza twabonye ukendera. Hari igihe leta zabayeho zitifuzaga no kuwugaragaza, kwerekana imyambarire, kwerekana imbyino, ingendo, kwivuga gutebya n'ibindi bakavuga ngo bifitanye isano n’ubwoko bari barahimbye, ugasanga umuntu asigaye yanga inka ngo ifitanye isano n’ubwoko"

Akomeza agira ati "Umuco wagiye utakara buhoro buhoro, tuwufate tuwugarure by’umwihariko kandi mumfashe gushimira Perezida Paul Kagame watumye twongera kugarura umuco mu gihugu. Turashimira Ijuru ry’Umucyo, ni abantu bafite umucyo, kandi umuco wacu twabonye tuzakomeze kuwubumbatira kandi natwe tuzakomeza no kubaba hafi kugira ngo ibyo mwatangiye bizagire akamaro hose.”

Umuhanzi Mariya Yohana wagaragaye muri iki gitaramo nk’uwaje kwihera ijisho, na we yatangarije IGIHE ko yanyuzwe n’iki gitaramo anashima uburyo cyateguwemo.

Yagize ati “Mbese ugira ngo umuntu afite uko yabivuga? Byashimishije abantu bose baje, ni ubwa mbere iki gitaramo kibayeho, kandi n’abagiteguye bafite ubuhanga, barasa n’abatwibukije ibya kera kuva cyera nk’uko babivuze mbere y’umwaduko w’abazungu [… ] mureke dukomeze ibi bintu tubyereke abana bizatuma barushaho kwiyubahisha.”

Iki gitaramo cyanagaragayemo abahanzi cyasusurukijwe n’itorero Indahemuka, Sophie Nzayisenga, Umucuranzi w’inanga witwa Ndayambaje hamwe n’umwirongi wa Mpayimana Jean Claude.

Mu mafoto…

Ndayambaje yacuranze inanga benshi baranyurwa.
Bamwe mu bagize Ijuru ry'Umucyo. Bishyize hamwe ngo batange uburere ku mwana w'umukobwa.
Kayitesi Tereza, umuyobozi w'ihuriro Ijuru ry'Umucyo asobanura intego z'iki gitaramo.
Ku maso ya benshi, wasangaga bizihiwe n'iki gitaramo.
Aba barakubura umuhariro. Umukobwa yitaga cyane ku mirimo yo mu rugo.
Abangavu bambaraga ishabure kuko ariyo itarababuzaga gushabuka mu mirimo irimo gukubura, kuvioma, gukamisha, no gutumwa hirya no hino.
Abana bakinaga bambaye imbindo. Aha bari babambitse udukariso natwo twazanye n'umwaduko w'abazungu.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'Umuco na Siporo hamwe n'Umuyobozi w'Inteko y'Umuco n'Ururimi bari muri iki gitaramo.
Hari byinshi biranga umuco Nyarwanda byagaragaye muri iki gitaramo...
Iri torero ryashimishije benshi.
Mariya Yohana, ubanza i bumoso, yari muri iki gitaramo...
Benshi banyuzwe,...
Bahozaga mu ndirimbo gakondo
Bahetse umugeni
Uku niko bahekaga umugeni bamushyingiye
Baherekeje umugeni
Abagore ba mbere y'umwaduko w'abazungu, akenshi bambaraga inkanda zikannye mu mpu z'inyamaswa ndetse n'imivumu. Banambaraga ubutega ku maguru
Bahabyinnye karahava
Hagaragaye imbyino nyinshi zinyuze ijisho.
Kwambara ingutiya ukitera umwenda mu bitugu nabyo byaraharawe henshi mu gihugu.
Ibizibaho n'udukanzu dufatiye mu kwaha natwo twaraharawe ku bana babaga bageze mu gihe cyo guhabwa ukarisitiya ya mbere cyangwa babatijwe
Imyenda imaze kwaduka, abakobwa bambaraga utu dupira bitaga baratintugu kuko yagaragazaga intugu zabo.
Uku niko abakobwa b'abasirimu babaga bararangije amashuri yisumbuye bambaraga. Bakenyeraga imikandara bitaga rukenyambavu.
Umugore ugishyingirwa hambere aha ngo yajyaga mu misa yakenyeye atya, ku mutwe ngo yabaga yaziritsemo umuswaro (Mouchoir).
Na nyuma y'umwaduko w'abazungu, Abanyarwandakazi bakomeje gutega amasunzu...
Sophie Nzayisenga yakirigise imirya y'inanga biratinda.
Bagiye mu misa ya mbere bagahura bagashyitsa akabando hasi, si ukuramukanya bigatinda.
Rumbiya, uyu mwambaro kimwe na kirimumuziki yakundwaga n'abakecuru
Abagore bo mu bakungu hambere aha ngo bajyaga mu misa bateze urugori...Babaga bakenyeye, bakanigiriza inigi reka sinakubwira. Imyenda nk'iyi ngo yambaraga umugabo igasiba undi.
Bamwe mu bagize itorero Indahemuka
Abanyarwandakazi mu bihugu bitandukanye, KEnya, Kongo, Tanzaniya, Burundi, u Bugande n'ahandi.
Abanyarwandakazi babashije kugera mu bihugu bitandukanye bagahitamo umwenda ubabereye.
Abanyarwanda bamaze kugera mu mahanga, batangiye kujya bambara imwe mu myenda basangagayo. Uyu ngo ni uwabaga avuye i Burayi mu myaka ya vuba aha.
Abana bo hambere...
Bibanze ku myambarire y'Umunyarwandakazi, barateganya no kwerekana uko abahungu nabo bambaraga.
Umubyeyi Clotilde uko bose batambukaga, yasobanuraga uko byakorwaga, n'impamvu bambaraga batyo.
Claude ubwo yavuzaga umwirongi, Nyuma y'iki gitaramo yatangarije IGIHE ko hari byinshi yungukiyemo.
Ababyeyi basabwe kujya kwigisha no guhanura abana babo.
Umuyobozi w'akarere ka Kicukiro ubwo yafata ijambo mu gitaramo cy'Ijuru ry'Umucyo
Aba bagabo banyuzwe nabo basaba akanya bajya gucinya umudiho.
Byari binogeye amaso
Banyuzwe nabo bacinya akadiho
Igitaramo kijya guhumuza, abaje kureba banyuzwe bacinya akadiho

Kanda hano urebe amafoto menshi yo muri iki gitaramo

{ Amafoto: Faustin Nkurunziza }