Ubwo yaganirizaga urubyiruko rw’abakoranabuhashake kuri uyu wa 7 Gicurasi 2024, yagaragaje ko nubwo yize ibirebana n’amajyambere yakuze akunda umwuga wo kudoda abikomoye kuri nyina wabikoraga.

Ati “Mama wanjye yari umudozi, nirirwanaga na we ndeba ibyo akora n’uburyo abikoramo numva ni ikintu nkunze kuko nakundaga n’ibintu by’imideli. Namureberagaho akanyemerera nkabyiga ariko ntiyifuze ko ari byo nakora. Murabizi ababyeyi benshi baba batwifuriza ko tujya kwiga ukaba dogiteri cyangwa enjeniyeri."

"Kuko yabikoraga ngo tubeho, atwishyurira amashuri nkabona nta kindi abitekerezaho njyewe nibazaga uburyo nabikoramo ngo bibe ikintu kinini, bingirire akamaro ndetse binagirire akamaro igihugu.”

Niyonsenga yagaragaje ko mu 2018 yagiye mu marushanwa ya Art Rwanda Ubuhanzi afasha abantu bafite impano zinyuranye kuzagura, kuzikuza no kunononsora imishinga yabo ikabyara umusaruro.

Ati “Nkirangiza amahugurwa banyeretse ko ya mpano yanjye nshobora kuyibyaza umusaruro ikampa akazi ndetse ikagaha n’abandi. Njyewe mbere natekerezaga ko kugira ngo ntangire ishoramari ryanjye byansaba kuva mfite nka miliyoni eshanu ariko nkabona amezi angahe ashize ntacyo mbona, nkibaza niba nzabigeraho.”

Yakomeje ati “Nyuma yo gusoza ayo mahugurwa nibwo nabonye ko bidasaba kuba ufite ibya mirenge ahubwo ko ufite ubumenyi, impano ubikurikirana kandi ukaba wajya kure.”

Yagaragarije uru rubyiruko ko gutangira ishoramari ryabo bidasaba kuba umuntu afite amafaranga runaka ahubwo ko bishingira ku gutinyuka no kuba hari icyo ushoboye gukora wumva ko wabyaza umusaruro.

Mu 2020 nibwo yatangije Kezem ariko afite intego yo kwambika ibyamamare nk’abahanzi, abayobozi n’abandi banyuranye byatumye yiyemeza kuva i Muhanga aho yari atuye akajya mu Mujyi wa Kigali.

Ati “Natangiye mu bihe bitoroshye bya Covid-19, ikintu cyampaye imbaraga cyane ni uko nakoraga ibyo nkunze. Buriya iyo ukora ikintu ukunze ntabwo ucika intege. Naraje nkodesha inzu ndakora uwo nkoreye akanzanira undi.”

Nk’umuntu wifuzaga gukorana n’abahanzi, yatangiye kujya ashaka uko yabageraho bigera ubwo abandikira anyuze ku mbuga nkoranyambaga zabo zitandukanye zirimo na Instagram bamwe bakamusubiza abandi bikanga.

Nubwo byari bigoye ariko nyuma y’imyaka ine atangije inzu y’imideli ya Kezem kuri ubu ifite abakozi 15 bahembwa buri kwezi mu buryo buhoraho, akagira imashini 20 akoresha n’ibindi.

Yasabye urubyiruko kugira intego no kugerageza kwiyima kugira ngo ruzabashe kugera ku byo rwifuza kugeraho.

Ati “Ushobora kwiyima nibura amezi angahe ariko ukaziha mu myaka iri imbere. Inama nabagira ni ukugira intego kuko iyo ufite intego utegura inzira ushobora kunyuramo kugira ngo uzagere kuri ya ntego yawe.”

Mu 2023 wari umwaka mwiza kuri Kezem kuko nko mu birori n’inama bikomeye byabereye mu Rwanda nk’Inama Rusange ya 73 ya FIFA, Trace Awards n’ibindi yaragaragajemo ibikorwa byabo.

Mu byamamare byabengutse imyambaro ya Kezem harimo Dr Precious Moloi-Motsepe, umugore wa Patrice Motsepe uyobora CAF, umuhanzi Saraï D’hologne n’abandi.

Mu banyarwanda bazwi baserukanye iyi myambaro, harimo nka Sandrine Isheja, Andy Bumuntu, Alyn Sano, Miss Nishimwe Naomie n’abandi.

Emmanuel Niyonsenga yagaragarije urubyiruko rugenzi rwe ko aterwa ishema no kubona ibyamamare birimo abahanzi n’abayobozi bambaye imyamboro ikorwa inzu y’imideli ye.