Abahanzi bose uko ari 10 bakoze iyo bwabaga ngo bereke akana nkemurampaka ko bahagaze neza. Nyuma y'iki gitaramo buri wese yavuze ko nta mukeba umuteye ubwoba ndetse ko gutwara igikombe bigishoboka kuko bose banganya amahirwe.

I Nyanza bose baririmbye mu buryo bwa Semi-Live. Bose bagaragaje ko bitabiriye iki gitaramo barakoze imyitozo ihagije.

Primus Guma Guma Super Star ni irushanwa ritegurwa na East African Promoters ifatanyije na Bralirwa, riba buri mwaka mu Rwanda rigahuza abaririmbyi bakunzwe kurusha abandi mu gihugu.

Ku nshuro yaryo ya mbere ryegukanywe na Tom Close, ku nshuro ya kabiri ryegukanwa na King James, ku nshuro ya gatatu ryegukanwa na Riderman, naho ku nshuro ya kane ryegukanwa na Jay Polly.

Iri rushanwa ryatangijwe ku wa Mbere tariki 09 Gashyantare 2015 rikazasorezwa i Kigali ku itariki ya 15 Kanama 2015.

East African Promoters niyo iba yatunganyije ibijyanye n'amatara n'umuziki kugira ngo abafana baryoherwe kurushaho
Arasuzuma uburyo umuziki uyunguruye ku byuma bya EAP
MC Anita Pendo na Tino batangiye gushyushya abafana
Abafana bategereje igitaramo n'amatsiko menshi
Knowless na Bruce Melody barifata agafoto k'urwibutso mbere y'igitaramo
Knowless, Bruce Melody na Paccy na bagenzi babo barifotoza mbere yo kuririmba

Uko abahanzi bakurikiranye mu gitaramo cya Nyanza:

1. Rafiki
2. Oda Paccy
3. Dream Boyz
4. Bruce Melody
5. Jules Sentore
6. Active
7. Senderi Hit
8. TNP
9. Bull Dogg
10. Knowless

MC Anita na Tino bari kwibutsa abafana uko iri rushanwa riteye muri uyu mwaka
Aimable Twhairwa, Tonzi na Lion Imanzi bagize akanama nkemurampaka

– Rafiki ni we ubimburiye abandi bahanzi bose ku rubyiniro mu ndirimbo ze zo mu njyana ya Coga Style ari na ko asukiranya amagambo ya Kirasta ati "Banywanyi banjye mbanje kubasuhuza. Amaboko ganyu hejuru guca(gutya) guca (gutya)".

Rafiki imbere y'abafana be i Nyanza

– Umuraperikazi Oda Paccy ni we ukurikiyeho. Ahereye ku ndirimbo ye 'Touch my body yakoranye na Urban Boyz'. Akurikijeho iyitwa 'Umusirimu', "Rendez-Vous'.

N'abanyamahanga baracinya akadiho bumva icyanga cya Primus y'i Rwanda

– Dream Boyz isesekaye imbere y'abafana mu ndirimbo yabo 'Uzahahe uronke'.

DJ Bissosso ni we uri gusunika imiziki

– Bruce Melody mu ndirimbo ze z'urukundo, ahereye ku yitwa 'Ntundize'.

Mushyoma Joseph, Umuyobozi wa East African Promoters mu kazi akurikirana uko byifashe muri tekinike

– Jules Sentore atangiye mu byivugo bya Kinyarwanda akurikizaho zimwe mu ndirimbo yamenyakaniyeho. Ngera, Umpe akanya…zimwe mu ndirimbo uyu musore aririmbye i Nyanza.

Bralirwa Julius Kayoboke na Francine Naomi Umutoni , bamwe mu bayobozi ba Bralirwa

– Hakurikiyeho itsinda rya Active rigizwe na Olivis, Dereck na Tizzo. Batangiriye ku mbyino zabo basanzwe banyereweho. Active Love, Aisha, Lift….indirimbo Active yifashishije i Nyanza.

Olivis wo muri Active
Dereck wo muri Active
Tizzo wo muri Active
Nta cyaka Primus iragurishwa ku giciro cyoroheye buri wese

– Senderi International Hit akurikiyeho na twa dushya twe. Yambaye nk'intore ariko igice cyo hasi yiyambitse amabara ya Primus.

– TNP bakurikiyeho mu ndirimbo nka 'Kamucerenge', 'Ku bwinshi' n'izindi. Abafana babishimiye ndetse babereka ko indirimbo zabo bazifashe mu mutwe.

Abagize akanama nkemurampaka bari maso

– Bull Dogg atangiye yivuga amazina atabarika arangije asukiranya menshi mu magambo azwi mu ndirimbo ze za Hip Hop. Mu ndirimbo ze nka 'Icyuki', 'Nk'umusaza'…Bull Dogg na we agaragaje ko afite ingufu zikomeye mu njyana ya Hip Hop.

– Knowless Butera benshi bita Kabebe ni we usoje igitaramo mu ndirimbo ze nka 'Baramushaka', 'Wari urihe'…..Nyinshi mu ndirimbo za Knowless abafana bagaragazaga ko bazizi neza ndetse bamufashaga kuririmba.

Ni gutyo abafana bamwakiriye i Nyanza

Amafoto: Nsanzabera JP