{Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki ya 14 i Kigali hasojwe iserukiramuco ry’umuzika ry’iminsi ibiri, aho abahanzi b’ibihangange muri muzika basusurukije abari bitabiriye iki gitaramo.}

Bamwe muri aba bahanzi harimo Tony Osanah waturutse muri Brazil, Mighty Popo usanzwe ukorera umuziki we muri Canada, Makanyaga Abdoul umwe mu bahanzi bamaze igihe mu muziki mu Rwanda, Nicole Musoni umunyarwandakazi ukorera ubuhanzi bwe muri Canada n’abandi.

Muri iki gitaramo cyari LIVE, abafana barawubyinnye karahava bagaragaza ibyishimo by’uburyohe bw’umuziki w’umwimerere wacurangwaga.

Dore amwe mu mafoto y’uko byari byifashe:

Safa Pappy John, uzwi mu ndirimbo "Hobe Hobe" nawe yaririmbye muri iki gitaramo
Albert Rudatsimburwa, umuyobozi wa Radio Contact FM, nawe yakirigise imirya ya gitari
Abasore bagize Comedy Night nabo basusurukije abantu babasetsa
Nicole Musoni aririmba
Nicole Musoni aririmbana n'abafana
Makanyaga aririmba acurangana n'icyamamare mu gucuranga gitari Tony Osanah
Umuhanzi Makanyaga Abdoul
Abafana n'abakunzi b'umuziki bari benshi
Abafana babyinana bawubyinnye karahava