Ni umuganda yafatanyije n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Nyagatare, Murekatete Juliet.
The Ben yabwiye IGIHE ari umuganda yakoze nk’umwana wari utashye iwabo utewe ishema n’iterambere Akarere ka Nyagatare kagezeho.
Ati “I Nyagatare ni mu rugo, ni ho ababyeyi banjye bavuka. Hari ukuntu nari maze igihe ntahakorera ibitaramo, rero ni iby’agaciro kuba kuri iyi nshuro tugiye kuhataramira.”
“Nk’umwana utashye iwabo nifuje kwifatanya n’urubyiruko mu muganda wo kuhakora isuku. Nishimiye ko abavandimwe b’urubyiruko rw’abakorerabushake narwo rwaje kwifatanya nanjye n’umuyobozi twifatanyije.”
The Ben, Bruce Melodie, Bwiza na Kitoko barataramira abakunzi babo kuri Stade ya Nyagatare.
Abantu batari i Nyagatare bashyiriweho uburyo bwo gukurikira ibi bitaramo banyuze hano













Loading comments...
Tanga igitekerezo