Ni uruganda rwubatswe mu Cyanya cy’Inganda cya Muhanga. Rwatangiye kubakwa mu 2020, rwuzura rutwaye miliyono 30 $, abagera ku 100 babona akazi mu mirimo yo kubaka.
Umuyobozi Mukuru wa Mountain Ceramics Company Ltd, Bugingo Eric Sabiti, yabwiye IGIHE batangiye gukora amakaro bayashyira mu bubiko.
Ni uruganda ruzajya rukora amakaro mu ibumba riboneka mu Karere ka Muhanga, hagakorwamo amakaro bimenyerewe ko yatumizwaga hanze y’igihugu.
Ati “Urwego rushinzwe Mine mu Rwanda rwaradufashije; muri ibi bishanga bidukikije ni ho tuvana ibumba ryo gukoresha, tukanavamo umucanga witwa silica n’ubwoko bw’amabuye tuvana mu Karere ka Muhanga ndetse na Ngororero, ibi ni byo bikoresho by’ibanze dukoresha mu gukora aya makaro.”
Bugingo yakomeje avuga ko ubu bari gukora amakaro menshi bayashyira mu bubiko, bakazatangira kuyagurisha muri Mutarama 2026.
Ati “Ubu twatangiye gukora amakaro asaswa hasi mu nzu, aho dukora metero kare 4600 ku munsi, ariko ni mu cyiciro cya mbere, nyuma gato tuzahita dutangiza gahunda yo gukora metero kare ibihumbi 10 ku munsi.”
Mu Rwanda kandi hari uruganda rw’amakaro rwitwa East African Granite Industries ruri i Nyagatare. Rufite ubushobozi bwo gukora amakaro ashobora kubaka ku buso bwa metero kare (m2) 273.000, mu gihe cy’umwaka umwe.
Kugeza mu 2024, u Rwanda rwabaruraga inganda zirenga 1300 inini 38 zikora ibikoresho by’ubwubatsi na ho iziciriritse zikaba 82.












Loading comments...
Tanga igitekerezo