Imikino isoza Shampiyona ya Rugby 15s mu byiciro byombi, yabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 14 Gashyantare 2026.

Umunyamabanga Mukuru wa Komite Olempike y’u Rwanda, Kajangwe Joseph na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Rugby mu Rwanda, Kamanda Tharcisse bari mu bayobozi bitabiriye isozwa rya Shampiyona.

Habanje imikino yo gutanira umwanya wa gatatu mu cyiciro cy’abagore, wegukanywe na Kamonyi Panthers Women RFC yatsinze Burera Tigers RFC amanota 13-0 mu gihe mu bagabo, Gitisi TSS ari yo yawegukanye nyuma yo gutsinda Kigali Sharks RFC amanota 51-7.

Hakurikiye umukino wa nyuma mu cyiciro cy’abagore; 1000 Hills Women Rugby yegukana igikombe nyuma yo gutsinda Ruhango Zebras Women RFC amanota 41-19.

Mu cyiciro cy’abagabo, na ho ikipe ya 1000 Hills Rugby, ni yo yaje imbere nyuma yo gutsinda Lions de Fer amanota 20-15 mu mukino wari ishiraniro.

Nyuma y’isozwa ry’imikino, Perezida w’Ishyirahamwe rya Rugby mu Rwanda, Kamanda Tharcisse, yavuze ko uyu mwaka w’imikino wabagendekeye neza muri Shampiyona.

Ati “Ni umwaka wagenze neza. Imikino ya nyuma yari iteguye neza. Wabonye ko yari imikino ikomeye cyane. Ku ruhande rwa Federasiyo byadushimishije ku buryo tubona ko ari Shampiyona igaragaje ubushobozi bwinshi ku makipe kandi ubwo biba biduha n’icyizere ku Ikipe y’Igihugu mu gihe kiri imbere.”

Uyu muyobozi akurikije ikinyuranyo cy’ibitego cyagaragaye mu mikino ya nyuma, ahamya ko urwego rw’uyu mukino ruri gukomeza kurushaho kuzamuka.

Abajijwe impamvu imikino ya nyuma yajyanywe mu Majyaruguru, yavuze ko ari muri gahunda yo kwegereza uyu mukino abaturage ndetse ukagezwa mu gihugu hose.

Nubwo 1000 Hills Rugby yegukanye iki gikombe cya Shampiyona, Lions de Fer ni yo yari imaze iminsi iyoboye izindi muri uyu mukino nyuma yo kwegukana ibikombe bitanu byikurikiranya bya Shampiyona.

Imikino ya nyuma ya Shampiyona ya Rugby mu bakina ari 15, yasorejwe mu Karere ka Rulindo, kuri Nyirangarama
Ishyaka ryari ryose mu mikino yakinwe
Ikipe ya 1000 Hills Rugby yegukanye Igikombe cya Shampiyona mu bagabo nyuma yo kwigaranzura Lions de Fer
Lions de Fer yari imaze igihe yarihariye Shampiyona, yatsindiwe ku mukino wa nyuma
Umunyamabanga Mukuru wa Komite Olempike y’u Rwanda, Kajangwe Joseph, yitabiriye isozwa rya Shampiyona ya Rugby
Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umukino wa Rugby mu Rwanda, Kamanda Tharcisse, yishimiye uburyo Shampiyona yagenze
Ikipe y'abagore ya 1000 Hills yibitseho igikombe cya Shampiyona itsinze Ruhango Zebras Women RFC
Gitisi TSS yegukanye umwanya wa gatatu mu bagabo
Kamonyi Panthers Women RFC yegukanye umwanya wa gatatu mu bagore