Nyuma y’iryabaye mu Ugushyingo, iri rushanwa ryateguwe na Silverback Sports ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Iteramakofe mu Rwanda (RBF) ryitabiriwe n’abakinnyi babigize umwuga baturutse mu bihugu birimo u Rwanda, Uganda, Cameroun, Gabon, Tanzania, Nigeria, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Malawi n’ibindi.

Abakunzi b’uyu mukino batari bake bitabiriye, barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, basusurukijwe n’abaraperi Riderman na Bulldog hagati y’imikino yakinwe.

Gusa iyo si yo nkuru, ahubwo icyagarutsweho cyane ni umukino wari utegerejwe na benshi wahuje Umunya-Cameroun Merlin Tamba n’Umunya-Tanzania Kivu Karume.

Janvier Merlin Tamba Kwakhou w’imyaka 24, witorezwa i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yongeye kugaragaza ko ari ku rwego rwo hejuru atsinda umukino wa kabiri muri Kigali Fight Night.

Nk’uko yabikoze mu Ugushyingo, Tamba yongeye gusoza umukino mu gace ka mbere kari kagizwe n’iminota itatu, mu duce icyenda twari gukinwa, akubita Karume igipfunsi mu mbavu ahita yunama, ntiyongera gukina.

Ku ikarita y’imikino icyenda yari iteganyijwe mu cyiciro cy’ababigize umwuga, hariho imikino ibiri irimo Abanyarwanda ndetse bombi bahesheje ishema igihugu begukana intsinzi.

Hagenimana Aimable wakinaga umukino we wa mbere nk’uwabigize umwuga, yatsinze Umunye-Congo Muhindo Bahati Vianney naho Kazungu Frank yongera kwegukana intsinzi akubise Umunya-Uganda Rogers Kamulegeya kuri ‘knockout (K.O).

Mu yindi mikino yabaye, Mugunge Augustin Wisomba wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatsinze mwenewabo Shetebo Bienfait, Kassa Kingbo Odilon Hans wo muri Gabon atsinda Saidi Chako wo muri Uganda, Abderrezzak Lamrani wo muri Algeria atsinda Simion Tchetha wo muri Malawi mu gihe Jerry Katamba wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatsinze Ali Mkojani wo muri Tanzania.

Mu bagore habaye imikino ibiri, Daniela Muleketsi Nsii wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo atsinda Umunya-Uganda Martha Akinyi naho Nene Joy Ojo wo muri Nigeria atsinda Zawadi Kutaka wo muri Tanzania.

Mbere y’iyi mikino y’ababigize umwuga hakinwe indi mikino umunani y’abatarabigize umwuga mu rwego rwo gutegura ahazaza h’Abanyarwanda bakina Iteramakofe.

Imikino y'iteramakofe isigaye yitabirwa cyane mu Rwanda
Rocky Try ni umwe mu bashyushyarugamba b'imikino ya Kigali Fight Night
Kigali Fight Night yabaga ku nshuro ya kabiri
Abanye-Congo Mugunge Augustin Wisomba na Shetebo Bienfait ni bo babanje mu rurwaniro
Mugunge Augustin Wisomba yishimira intsinzi
Umunyarwanda Hagenimana Aimable yakinnye n'Umunye-Congo Muhindo Vianney Bahati
Wari umukino wa mbere kuri Hagenimana Aimable nk'uwabigize umwuga
Byari ibyishimo kuri Hagenimana Aimable nyuma yo gutsinda umukino
Daniela Muleketsi Nsii wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahanganye na Martha Akinyi  wo muri Uganda
Mu iteramakofe, abakinnyi n'abafana berekwa agace kagezweho mu mukino
Daniela Muleketsi Nsii yegukanye intsinzi muri uyu mukino wa mbere w'abagore
Umunyarwanda Kazungu Frank ahanganye n'Umunya-Uganda Rogers Kamulegeya
Kazungu yatsinze  Rogers Kamulegeya kuri k.o bidasabye ko basoza uduce turindwi tw'umukino
Kazungu Frank yongeye kubona intsinzi muri Kigali Fight Night nyuma y'uko mu Ugushyingo 2025 yatsinze Mboko Mohamed wo muri Gabon
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, ari mu bashimishijwe n'intsinzi Abanyarwanda begukanye
Kassa Kingbo Odilon Hans wo muri Gabon ahanganye na Saidi Chako wo muri Uganda
Saidi Chako ntiyasoje umukino nyuma yo gukubitwa ibipfunsi byinshi
Zawadi Kutaka wo muri Tanzania ahanganye na Nene Joy Ojo wo muri Nigeria mu bagore
Nene Joy Ojo ni we watsinze uyu mukino nyuma yo kugira amanota menshi mu duce turindwi twakinwe
Umuraperi Bulldog asusurutsa abitabiriye iyi mikino y'Iteramakofe
Abderrezzak Lamrani wo muri Algeria ntiyoroheye Simion Tchetha wo muri Malawi
Jerry Katamba wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahanganye na Ali Mkojani wo muri Tanzania
Jerry Katamba yongeye kugaragaza ko ari umukinnyi mwiza mu cyiciro cye
Riderman na we yasusurukije abari kuri KCC muri iyi mikino y'iteramakofe
Umunya-Cameroun Merlin Tamba yatsinze umukino wari utegerejwe na benshi mu buryo bwihuse
Tamba yatsinze Kivu Karume mbere y'uko agace ka mbere k'iminota itatu karangira

Amafoto: Umwari Sandrine

Video: Byiringiro Innocent