Nyuma y’iryabaye mu Ugushyingo, iri rushanwa ryateguwe na Silverback Sports ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Iteramakofe mu Rwanda (RBF) ryitabiriwe n’abakinnyi babigize umwuga baturutse mu bihugu birimo u Rwanda, Uganda, Cameroun, Gabon, Tanzania, Nigeria, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Malawi n’ibindi.
Abakunzi b’uyu mukino batari bake bitabiriye, barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, basusurukijwe n’abaraperi Riderman na Bulldog hagati y’imikino yakinwe.
Gusa iyo si yo nkuru, ahubwo icyagarutsweho cyane ni umukino wari utegerejwe na benshi wahuje Umunya-Cameroun Merlin Tamba n’Umunya-Tanzania Kivu Karume.
Janvier Merlin Tamba Kwakhou w’imyaka 24, witorezwa i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yongeye kugaragaza ko ari ku rwego rwo hejuru atsinda umukino wa kabiri muri Kigali Fight Night.
Nk’uko yabikoze mu Ugushyingo, Tamba yongeye gusoza umukino mu gace ka mbere kari kagizwe n’iminota itatu, mu duce icyenda twari gukinwa, akubita Karume igipfunsi mu mbavu ahita yunama, ntiyongera gukina.
Ku ikarita y’imikino icyenda yari iteganyijwe mu cyiciro cy’ababigize umwuga, hariho imikino ibiri irimo Abanyarwanda ndetse bombi bahesheje ishema igihugu begukana intsinzi.
Hagenimana Aimable wakinaga umukino we wa mbere nk’uwabigize umwuga, yatsinze Umunye-Congo Muhindo Bahati Vianney naho Kazungu Frank yongera kwegukana intsinzi akubise Umunya-Uganda Rogers Kamulegeya kuri ‘knockout (K.O).
Mu yindi mikino yabaye, Mugunge Augustin Wisomba wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatsinze mwenewabo Shetebo Bienfait, Kassa Kingbo Odilon Hans wo muri Gabon atsinda Saidi Chako wo muri Uganda, Abderrezzak Lamrani wo muri Algeria atsinda Simion Tchetha wo muri Malawi mu gihe Jerry Katamba wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatsinze Ali Mkojani wo muri Tanzania.
Mu bagore habaye imikino ibiri, Daniela Muleketsi Nsii wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo atsinda Umunya-Uganda Martha Akinyi naho Nene Joy Ojo wo muri Nigeria atsinda Zawadi Kutaka wo muri Tanzania.
Mbere y’iyi mikino y’ababigize umwuga hakinwe indi mikino umunani y’abatarabigize umwuga mu rwego rwo gutegura ahazaza h’Abanyarwanda bakina Iteramakofe.




























































































Amafoto: Umwari Sandrine
Video: Byiringiro Innocent





Loading comments...
Tanga igitekerezo