Imikino y'iri rushanwa riri kubera mu Rwanda ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, iri kubera ku bibuga bya Tennis byo muri IPRC Kigali (Kigali Ecology Club) guhera tariki ya 1 Werurwe 2026.

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 5 Werurwe, ni bwo hakinwe imikino ya ¼ mu bakina ari umwe. Umukino wari utegerejwe na benshi ni uwahuje Marco Trungelliti watwaye iri rushanwa mu cyumweru cyaryo cya kabiri mu 2024 na Joel Schwaerzler w’imyaka 20.

Uyu mukinnyi ukiri muto yatunguye Trungelliti w’imyaka 36 ndetse wari nimero ya mbere mu bahagaze neza mu irushanwa, amutsinda iseti ya mbere hitabajwe ‘tie-break’ n’undi ayishyura muri ubwo buryo, ariko Joel Schwaerzler yongera gutsinda indi yakoze ikinyuranyo.

Nimero ya kabiri uhagaze neza mu irushanwa, Umufaransa Arthur Gea yakomeje atsinze mwenewabo Calvin Hemery amaseti 2-0 (6-3, 6-4), Umutaliyani Marco Cecchinato asezerera Umusuwisi Jérôme Kym wavuye mu mukino utarangiye kubera imvune mu gihe undi Mutaliyani Stefano Napolitano yasezereye Umufaransa Luka Pavlovic amutsinze amaseti 2-0 (6-4, 6-3).

Muri 1/2 kizakinwa ku wa Gatanu, guhera Saa 10:30 Stefano Napolitano azahura na Arthur Gea naho nyuma ya Saa Sita, Joel Schwaerzler azakina na Marco Cecchinato.

Mu bakina ari babiri, guhera Saa 10:30, Umwongereza Jay Clarke n’Umuholandi Max Houkes bazakina n’Umunyamerika Garrett Johns ukinana n’Umunya-Espagne Marrero Curbelo muri ½.

Saa Saba, Umuhinde Siddhant Banthia n’Umunya-Bulgaria Alexander Donski bazahura n’abazakomeza hagati y’Abanya-Repubulika ya Tchèque Duda na Kolar bazahura n’Umunya-Serbia Latinovic ukinana n’Umufaransa Luka Pavlovic.

Ni mu gihe abazakomeza mu mukino wa Saa 10:30, bazahura n’Abahinde Prajwal Dev na Nitin Kumar Sinha nyuma yaho.

Joel Schwaerzler yatunguranye asezerera Marco Trungelliti wari uhagaze neza kurusha abandi bose mu irushanwa yatwayeho mu 2024
Arthur Géa ni umwe mu bakinnyi bakomeye bitabiriye Rwanda Challenger y'uyu mwaka, nyuma yo kugera mu ijonjora rya kabiri rya Australian Open
Marco Cecchinato azisobanura na Joel Schwaerzler ku wa Gatanu
Jérôme Kym yavuye mu mukino yari ayoboye nyuma yo kugira ikibazo cy'urutugu
Calvin Hemery yasezerewe na mwenewabo Arthur Géa muri 1/4
Umutaliyani Stefano Napolitano azahura na Arthur Gea muri 1/2

Amafoto: Antoine Lucas/African Tennis Tour