Kuva tariki ya 1 kugeza ku ya 15 Werurwe 2026, u Rwanda rwongeye kwakira amarushanwa ya Tennis ahuza abakinnyi babigize umwuga ya "ATP Challenger 75 Tour" na "ATP Challenger 100 Tour".

ATP Challenger 75 Tour iri kuba mu cyumweru cya mbere na ATP Challenger 100 Tour izaba mu cyumweru cya kabiri, ni amwe mu marushanwa atanu ategurwa n’Ishyirahamwe rya Tennis y’Ababigize umwuga (ATP) muri iki cyiciro (hagati ya 50-175), aho atanga amanota 75 na 100 uko akurikirana.

Ni ku nshuro ya kabiri yikurikiranya u Rwanda rwakira aya marushanwa yombi atanga amanota 75 na 100, aho bwa mbere byari mu 2025, mu gihe mu 2024 rwakiriye iri rushanwa ritanga amanota 50.

Umukino wa nyuma w’Icyumweru cya Mbere wakinwe kuri uyu wa 7 Werurwe, wahuje Umunya-Autriche Joel Schwaerzler n’Umutaliyani Stefano Napolitano guhera Saa 14:30, ku bibuga bya Tennis byo muri IPRC Kigali.

Joel Schwaerzler w’imyaka 20, yatsinze iseti ya mbere yari igoye ku manota 7-6(5), aho we na Napolitano bakubanye mu gihe cy’isaha n’iminota 19 kugeza habonetse uyitsinda.

Napolitano w’imyaka 30, wazamukiye mu majonjora, yari ayoboye iseti ya kabiri n'amanota 3-2 ubwo imvura nyinshi yagwaga i Kigali igatuma umukino uhagarara.

Nyuma y’iminota 15, abashinzwe gutegura irushanwa batangaje ko umukino uhagaze ndetse uzakomeza ku Cyumweru, tariki ya 8 Werurwe 2026, guhera Saa Tanu za mu gitondo.

Joel Schwaerzler yageze ku mukino wa nyuma atsinze Umutaliyani Marco Cecchinato amaseti 2-0 (6-2, 7-6(8)) mu gihe Stefano Napolitano yatunguranye asezerera nimero ya kabiri mu bahabwaga amahirwe mu irushanwa, Umufaransa Arthur Géa akamutsinda amaseti 2-1 (7-6(3), 5-7, 6-3).

Mu bakina ari babiri, Icyumweru cya Mbere cyegukanywe n’Umunyamerika Jay Clarke ukinana n’Umuholandi Max Houkes batsinze Umuhinde Siddhant Banthia n’Umunya-Bulgaria Alexander Donski amaseti 2-1 (6-4, 6(6)-7, 12-10).

Joel Schwaerzler agarura agapira mu mukino yahuyemo na Napolitano kuri uyu wa Gatandatu
Stefano Napolitano yageze ku mukino wa nyuma asezereye Arthur Gea
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe n'Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima, Dr. Yvan Butera, bari mu bitabiriye uyu mukino wa nyuma wahagaze utarangiye kubera imvura
Abafana bari benshi kuri uyu mukino wa Rwanda Challenger
Icyumweru cya Mbere cy'Irushanwa ry'abakina ari babiri cyashyizweho akadomo
Umunyamerika Jay Clarke n’Umuholandi Max Houkes begukanye icyumweru cya mbere cya Rwanda Challenger 2026 mu bakina ari babiri

Amafoto: African Tennis Tour