Iyi Minisiteri yanavuze ko imibare y’abahitanywe n’ibitero bya Israel byo ku wa Gatanu yazamutse, iva kuri 47 igera ku bantu 83, mu gihe abandi 141 bakomerekeye muri ibyo bitero. Abenshi mu bagizweho ingaruka bari mu majyepfo ya Liban, nubwo hari n’abandi bo mu burasirazuba bw’igihugu.

Ibi bitero byakajije umwuka mubi mu karere, aho Iran yatangaje ko yafunze Inzira ya Hormuz, imwe mu nzira zikomeye ku Isi zinyuzwamo peteroli, ivuga ko yabikoze kubera ibyo yise ibyaha bya Israel muri Liban ndetse no kuba Amerika itubahirije ibyo yemeye bijyanye no guhagarika imirwano.

Ku rundi ruhande, ubuyobozi bwa Amerika bwatangaje ko ubwato 55 bw’ubucuruzi bwanyuze muri Hormuz, butwaye imizigo n’utugunguru turenga miliyoni 17 twa peteroli, buvuga ko inzira ikomeje kuba nyabagendwa.

Muri iki gihe kandi hari ibiganiro bya dipolomasi bikomeje gutegurwa hagati ya Iran na Amerika, bigomba kubera mu Busuwisi, bigamije kureba uko amasezerano y’agateganyo yasinywe yashyirwa mu bikorwa.

Liban yatangaje ko abaturage bayo barenga ibihumbi bine bamaze kwicwa na Israel
Umuhora wa Hormuz ukomeje kuba ikibazo gikomeye muri iyi ntambara