Aba bagabo bafashwe bari hagati y’imyaka 47 na 62. Bafatiwe mu Mujyi wa Welkom mu Ntara ya Free State n’inzego zishinzwe kurwanya ibyaha bikomeye.
Umuvugizi w’Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha ku rwego rw’intara, Lt. Col. Zweli Mohobeleli, yavuze ko abashinzwe iperereza ku byaha by'ubugizi bwa nabi ndetse n'ishami rishinzwe kurwanya udutsiko tw'abagizi ba nabi rikorera i Welkom, bakurikiranye amakuru yari yatanzwe ubundi abagizi ba nabi batabwa muri yombi.
Yagize ati “Ku wa 4 Kamena 2026, ayo makuru yatangiye gukurikiranwa no gusuzumwa. Abakekwa bane bari mu modoka y'ubwoko bwa Toyota Quest y'ubururu bafatiwe mu cyuho bagerageza kugurisha Igisamujyonjyo kimwe ku mafaranga y’Ama-Rand 80.000 (agera kuri miliyoni 7 Frw). Bahise batabwa muri yombi, mu gihe iyo nyamaswa yashyikirijwe inzego zibishinzwe kugira ngo irindwe kandi yitabweho.”
Igisamujyonjyo ni imwe mu nyamaswa zikunda kugenda yonyine kandi zikora cyane nijoro. Yamenyekanye cyane kubera uruhu ruyitwikiriye rukomeye, ikaba imwe mu nyamaswa zicuruzwa mu buryo butemewe kurusha izindi ku Isi.
Abakora ubucuruzi bwazo bazihiga bagamije inyama n’uruhu rwazo, bikunze gukoreshwa mu buvuzi gakondo mu bice bimwe na bimwe ku Isi.
Umuyobozi w’Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha ku rwego rw’intara, Maj. Gen. Mokgadi Bokaba, yashimiye abakoze iki gikorwa, avuga ko gufata aba bakekwa ari intambwe ikomeye mu kurinda inyamaswa no guhangana n’ubucuruzi butemewe bw’urusobe rw’ibinyabuzima.






Loading comments...
Tanga igitekerezo