Umubyeyi wawe ufite imyaka nka 60, nta kabuza niba yari asirimutse muri iyo myaka ku buryo yasohokanaga n’umukunzi we cyangwa inshuti ze, iyo abonye amashusho y’Abapansiyone bimukumbuza ibyo bihe by’ubuto bwabo.

Ni itsinda rigizwe n’abakiri bato ariko ryihanze ibishya byo kwigana imibereho y’abo mu myaka nka 1980, ariko bari basirimutse.

IGIHE yasuye iri tsinda, hagaragazwa uko igitekerezo cyo kurishinga cyaje, uko abaribarizwamo bahuza, inyungu bakura mu byo bakora n’ibindi.

Ndayisaba Jean Marie Vianney uzwi nka Makanika washinze Itsinda Abapansiyone, avuga ko yabikoreye gusigasira amateka ya kera ya Afurika
Itsinda Abapansiyone rikomeje kwamamara ku mbuga nkoranyambaga, kubera imibyinire n'imyambarire yaryo ituma abageze mu za bukuru bibuka ubuto bwabo
Abagore n'abakobwa babyina mu Bapansiyone bavuga ko bibatunze kandi badatewe isoni na byo
Abapansiyone baba bambaye imyenda yarangaga abo mu myaka ya 1970
Benshi mu babyina muri iri tsinda basanzwe ari inshuti mu buzima busanzwe
Abapansiyone bateganya gutegura ibitaramo mpuzamahanga bibahuza n'abafana babo
Uwamaliya Jeannette uzwi nka Mushyushya muri iri tsinda, ahamya ko nta kibazo umugabo we agira mu kumubona abyinana n'abandi gutya