Umwaka wa 2025 watangiye Abanyarwanda bidagadura, bishimira ko bawutangiranye imbaduko, mu masaha y’umugoroba abakunda gukuba urukweto no gucinya akadiko bahurira muri BK Arena maze si ugutaramana na The Ben muri The New Year Groove karahava.
Mu gihe Abanyarwanda bari mu migambi myinshi y’uko Mutarama 2025 yarangira babonye imirongo migari y’uko umwaka uzarangira, mu bo mu Burengerazuba bw’u Rwanda ibintu byari byahinduye isura.
Icyo gihe Umutwe wa AFC/M23 ugizwe n’abimwe uburenganzira ku gihugu cyabo wari uri kubohora ibice bitandukanye.
Benshi bibuka ku wa 27 Mutarama 2025 ubwo wabohoraga Umujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyarugu, nyuma wigarurira Kivu y’Amajyepfo byibuze Abanye-Congo bameneshejwe iwabo baragoheka.
Mu Rwanda twari turi kwitegura uko tuzaseruka mu kwizihiza Intwari zakoze uko zishoboye ngo zihe ishusho u Rwanda dufite ubu, bigerwaho, Ababiligi bashatse kuzura politiki ya gashakabuhake, burakumirwa.
Muri Mata 2025 na bwo Isi yifatanyije n’Abanyarwanda mu kuzirikana abarenga miliyoni bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
IGIHE yakusanyije bimwe mu bihe by’ingenzi bitazibagirana byabaye muri 2025 byose ibishyira mu mafoto.


















































Loading comments...
Tanga igitekerezo