Ibi Ubuyobozi bwa MTN Rwanda bwabitangaje ku wa 14 Gicurasi 2026, Ubwo bwafunguraga ku mugaragaro amatora y’ibihembo bya CallerTunez.
Umuhanzi wa mbere azahebwa miliyoni 12 Frw, uwa kabiri azahebwa miliyoni 5 Frw, uwa gatatu azahembwa miliyoni 3 Frw.
Umunyarwenya umwe azahebwa miliyoni 2 Frw. Icyiciro cy’uvuga ubutumwa bwiza n’abasizi bazahatanira miliyoni 2 Frw.
Umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga n’abakiliya muri MTN Rwanda, Sen Somdev, yavuze ko batangije gahunda yo guhemba abahanzi bumvwa cyane muri ‘CallerTunez’ kugira ngo babahe urubuga rwo kwigaragaza ndetse no gukomeza guha agaciro ibihangano byabo.
Ati “Impamvu twatangije iyi gahunda yo guhemba abahanzi bakoreshejwe cyane n’abafatabuguzi b’iyi sosiyete nk’iyo kwitabiraho (CallerTunez) ni ukugira ngo tubahe urubuga rwo kwiteza imbere binyuze mu bihangano by’umuziki n’ibindi bakora. Ibi kandi twabikoze kugira ngo duteze imbere urwego rw’ubuhanzi mu Rwanda.”
Yakomeje asaba abafatabuguzi ba MTN Rwanda gutora abahanzi babo bakunda kugira ngo bazabashe gutsindira ibihembo.
Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwandacell Plc, Monzer Ali, yavuze ko batangije iyi gahunda yo guhemba abahanzi kugira ngo babafashe kwiteza imbere ndetse bagira n’uruhare mu guteza imbere uru rwego rw’umuziki mu Rwanda.
Ati “Umuziki ufasha abantu guhura bakaganira ndetse bakishimana. Niyo mpamvu twateguye ibi bihembo kugira ngo dushimire abahanzi bacu ku bihangano byiza baba bakoze ndetse tunakomeze tunateze imbere Abaturarwanda muri rusange.”
Kugira ngo umuhanzi yemerewe kwitabira aya marushanwa, bizajya bisaba ko yegera MTN akandikisha ibihangano bye kugira ngo bijye kuri Callertunez, akanemera kuba muri aya marushanwa.












Loading comments...
Tanga igitekerezo