Muri rusange, muri uyu mwaka ugeze ku musozo, Umukuru w’Igihugu yagiriye inzinduko z’akazi mu bihugu 17 byo ku migabane ine, birimo icyenda byo muri Afurika na bitanu byo muri Aziya.
Ingendo zerekeza mu mahanga muri uyu mwaka Perezida Kagame yazitangiye ku wa 7 Mutarama ubwo yerekezaga i Accra muri Ghana yitabiriye umuhango w’Irahira rya Perezida John Dramani Mahama na Visi Perezida Naana Jane Opoku-Agyemang.
Ku wa 13 Mutarama 2025 Perezida Kagame yitabiriye inama ya ’Abu Dhabi Sustainability Week’ igamije kurebera hamwe uburyo bwo kongera ubufatanye mu guhangana n’ingaruka z’ihindagurika ry’ibihe mu gihe ku wa 22 Mutarama Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bagiriye uruzinduko rw’akazi muri Turikiya.
Perezida Kagame yatangiye Gashyantare yitabira inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) i Dar es Salaam muri Tanzania. Iyi nama yabaye ku wa 8 Gashyantare 2025. Ku wa 12 Gashyantare, Perezida Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi i Doha mu gihugu cya Qatar.
Yakomereje i Addis Abeba muri Ethiopia ku wa 14 Gashyantare 2025, aho yari yitabiriye inama isanzwe ya 38 y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) mu gihe Ku wa 5 Gicurasi 2025 Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Oligui Nguema wa Gabon.
Ku wa 7 Gicurasi, Perezida Kagame yari i Paris mu Bufaransa aho yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron uyobora iki gihugu na ho ku wa 12 Gicurasi, yitabiriye inama ya Africa CEO Forum muri Côte d’Ivoire.
Ku wa 27 Gicurasi, Perezida Paul Kagame yari mu ruzinduko rw’akazi muri Kazakhstan, aho yanitabiriye Ihuriro Mpuzamahanga rya Astana [Astana International Forum], akanagirana ibiganiro na mugenzi we, Perezida Kassym-Jomart Tokayev.
Ku wa 3 Kamena, Perezida Kagame yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Algérie ku butumire bwa mugenzi we Abdelmadjid Tebboune mu gihe ku wa 31 Kanama yitabiriye Inama Nyafurika yiga ku kwihaza mu biribwa (AFS); inama yabereye muri Sénégal aho Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi wa wa Sénégal. Diomaye Faye.
Ku wa 19 Nzeri, Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Azerbaijan mu gihe ku wa 23 Nzeri, yari mu Misiri mu ruzinduko rw’akazi rwasize hasinywe amasezerano y’ubufatanye hagati y’impande zombi arimo n’ayo guhana ubutaka.
Ku wa 9 Ukwakira, Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga y’ubufatanye bw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) na Afurika, Global Gateway Forum. Iyi nama yabereye i Bruxelles mu Bubiligi. Muri uku kwezi kandi tariki ya 27, Perezida Paul Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ishoramari (FII) i Riyadh muri Arabie Saoudite.
Mu kwezi gushize tariki ya 3, Perezida Paul Kagame yasubiye i Doha muri Qatar, aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku iterambere (World Summit for Social Development). Nyuma y’aho ku wa 11 Ugushyingo, Perezida Kagame yagize uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri muri Guinée-Conakry.
Ku wa 2 Ukuboza 2025, Perezida Paul Kagame yageze i Washington D.C muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari na rwo rugendo rwasoje izo yakoreye hanze y'u Rwanda mu 2025.



































Loading comments...
Tanga igitekerezo