Muri ibi birori, Perezida Kagame yashimiye Abanyarwanda bose uko umwaka wa 2025 wagenze, ashima uruhare bagize mu bijyanye n’umutekano.

Ati “Umutekano ndawushimira abaturage navuze bari hirya no hino mu gihugu, uruhare bawugiramo ni runini cyane. Ubwo birumvikana abo ndi bukurikizeho. Ni abasore n’inkumi, bagenzi banyu, abavandimwe banyu, basaza banyu, bashiki banyu barara ijoro n’amanywa ndetse abandi bagatanga ubuzima bwabo kugira ngo ubwanyu bukomeze.”

Perezida Kagame kandi yagarutse ku rubyiruko ashimangira ko ari bo benshi kandi ari imbaraga zikwiye kuzakomeza gufasha igihugu kwiyubaka.

Ati “Izo mbaraga tugomba kuzigiramo umuco, ibikorwa byiza kugira ngo mwiyubake, mubone uko mwubaka u Rwanda.”

Perezida Kagame kandi yijeje ko hari byinshi bizagerwaho mu mwaka mushya wa 2026.

Ibi birori byabaye ku mugoroba wo ku wa 29 Ukuboza 2025
Makeda n'Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Ngabo Brave Olivier ni bo bari ba MC muri ibi birori
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Ngabo Brave Olivier yari yakereye kuyobora ibi birori
Makeda umenyerewe mu kuyobora ibirori n'ibiganiro bitandukanye yari ari mu bayoboye ibi birori
Akanyamuneza kari kose ku bitabiriye ibi birori bisoza umwaka wa 2025
Nta cyaka cyigeze kiharangwa
Abato n'abakuru bari bizihiwe n'ubu butumire bahawe n'Umukuru w'Igihugu
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC, Musabyimana Jean Claude yari yitabiriye ibi birori
Umusizi Rumaga ari mu bahageze kare
Kubera ko uba ari umunsi w'imbonekarimwe, abantu baba bifuza kuhavana ifoto y'urwibutso
Mu ijambo Perezida Kagame yagejeje ku bari bitabiriye ibi birori, yababwiye ko amasaha yigijweyo ngo abantu babashe kwishimira iminsi mikuru, ariko ko kandi utwuma dupima abanyoye inzoga turi bukomeze gukoreshwa mu rwego rwo kwirinda ko hari uwanywa akarenza igipimo maze agatwara ikinyabiziga bikaba byateza impanuka
Ange Kagame n'umugabo we Bertrand Ndengeyingoma bari bitabiriye ibi birori bisoza umwaka wa 2025
Ange Kagame na we yafashe ifoto y'urwibutso muri ibi birori Perezida Kagame yakiriyemo ab'ingeri zose
Ubwo abitabiriye ibirori bari bakurikiye ijambo rya Perezida Kagame
Abahanzi barimo Kivumbi King na Nel Ngabo bacinye akadiho mu njyana gakondo
Abantu bashimishijwe n'umuziki wacurangwaga barirekura barabyina
Perezida Kagame yashimiye Abanyarwanda muri rusange ibyo bakoreye igihugu cyabo bigatuma byinshi bigerwaho
Bruce Melodie, Kivumbi King na Nel Ngabo babyinana n'abari muri ibi birori
Ibi birori byabereye muri Kigali Convention Centre
Bruce Melodie, Kivumbi King na Nel Ngabo babyinana n'abari muri ibi birori
Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n'Abanyarwanda n'inshuti z'u Rwanda muri ibi birori
Perezida Kagame yafashe umwanya muremure wo kuramukanya n'abari muri Convention Centre
Ibirori nk'ibi biba ngarukamwaka, aho Umukuru w'Igihugu na Madamu bakira abantu b'ingeri zitandukanye
Ibi birori byitabiriwe n'abayobozi, abahanzi, abakinnyi ba filimi n'abandi bo mu nzego zitandukanye zirimo n'iz'abikorera
Perezida Kagame aganiriza abarimo The Ben, Intore Tuyisenge, Fally Merci na Tom Close
Madamu Jeannette Kagame na Ange Kagame bafatikanyije n'abandi mu mbyino gakondo
Madamu Jeannette Kagame, Louise Mushikiwabo uyobora OIF na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire bizihiwe no kubyina imbyino nyarwanda
Wari umugoroba w'akanyamuneza
Perezida Kagame, Madamu Jeannette Kagame na Ange Kagame bifatanyije n'Abari muri Convention Centre n'abandi Banyarwanda muri rusange mu gusoza neza umwaka wa 2025
Perezida Kagame, Madamu Jeannette Kagame na Ange Kagame bifatanyije n'Abari muri Convention Centre n'abandi Banyarwanda muri rusange mu gusoza neza umwaka wa 2025
Yananiwe kwifata kubera ibyishimo nyuma yo guhura na Madamu Jeannette Kagame
Banyuzwe no kuganira na Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame imbonankubone
Perezida Kagame aramukanya na Louise Mushikiwabo
Perezida Kagame yabwiye Abanyarwanda ko bakwiye kwidagadura bakimarayo ariko bakagira ibyo bitondera birimo kunywa inzoga nyinshi hanyuma bagattwara ibinyabiziga
Perezida Kagame yavuze ko kuba umubare w'Abanyarwanda munini ari uw'abari munsi y'imyaka 30, ari imbaraga nyinshi cyane ku gihugu
Abantu bari benshi muri Kigali Convention Centre
Ibirori byo gusoza umwaka byari byitabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye yaba Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bari bateraniye muri Kigali Convention Centre
Perezida Kagame yavuze ko abantu badashobora kubaka u Rwanda batabanje kwiyubaka ubwabo
Umukuru w’Igihugu yavuze ko igihugu cyifatanya n’imiryango y’abasirikare bari hirya no hino n’abagiye bagwa ku rugamba
Abayobozi batandukanye mu nzego nkuru z'igihugu bari bitabiriye ibi birori bisoza umwaka wa 2025
Madamu Jeannette Kagame ahoberana na Louise Mushikiwabo