Kuri iki Cyumweru, tariki ya 17 Gicurasi 2026, ni bwo uru rutionde rwashyizwe hanze. Harabura igihe kitari munsi y’ukwezi kugira ngo iyi Marathon Mpuzamahanga ikinwe.
Ni irushanwa rizaba rifite umwihariko, dore ko ku nshuro ya mbere rizaba iminsi ibiri, tariki ya 13 n’iya 14 Kamena 2026.
Mu bakinnyi bazaba bahagarariye u Rwanda by’umwihariko mu bagabo, harimo batatu bazakina Full Marathon. Abo ni Hitimana Noël wa APR AC, Manirafasha Primier wa Sina AC na Muhitira Félicien wa Nyamasheke AC.
Abagabo bazakina Half Marathon ni Nkurunziza Emmanuel, Nizeyimana, Ingabire Victor na Nimubona Yves ba APR AC, Niwentwari Pacifique na Ntivuguruzwa Ismael bakinira Sina AC, hamwe na Nzayisenga wa Police AC.
Nk'uko byagenze mu 2025, nta Banyarwandakazi bo mu Ikipe y'Igihugu bazakina Full Marathon. Abazaruhagararira muri Half Marathon ni Byukusenge Devotha, Tuyambaze Thabita na Uwiduhaye Theophila ba Sina AC, ndetse na Ibishatse Angelique ukinira APR AC.
Iri rushanwa ryo gusiganwa ku maguru ritegurwa na RAF ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo, rigiye kuba ku nshuro yaryo ya 21.
Rikinwa mu byiciro bitatu ari byo ‘Full Marathon’ y’ibilometero 42,195, Half Marathon y’ibilometero 21,097 na Run for Peace [ku batarushanwa] y’ibilometero 10.
Umunya-Kenya Laban Kipngetich Korir ni we uheruka kwegukana umwanya wa mbere muri Full-Marathon y’Abagabo, naho mu bagoremu 2025 hatsinze Teresiah Omosa na we wo muri Kenya.
Icyo gihe Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence yegukanye umudali wa Zahabu muri Half Marathon y’Abagore, mu gihe Bigirimana Théophile yabaye uwa gatatu muri Half Marathon y’Abagabo.







Loading comments...
Tanga igitekerezo