Iri rushanwa rizitabirwa n’abakinnyi 704 mu gihe abatoza n’abandi bazarigiramo uruhare bagera kuri 65.

Mu byiciro bizarikina mu bagabo n’abagore, harimo abakuru barengeje imyaka 20, abari hagati y’imyaka 17 na 20, abari hagati y’imyaka 15 na 17 n’abatarengeje imyaka 14 bafite hagati y’imyaka 11 na 13.

Abakinnyi bazarushanwa muri siporo 54 zitandukanye zirimo izo gusiganwa ku maguru n’izibera mu kibuga. Buri wese azarushanwa mu cyiciro cye uretse ku bari hagati y’imyaka 17 na 20 bashobora gukina no mu bakuru.

Amakipe yiyandikishije ngo azitabire iri rushanwa ni APR AC, Police AC, UR-Huye Campus AC, Sina Gérard AC, Nyamasheke AC, Rutsiro AC, Nyaruguru AC, Kamonyi AC, Rwamagana AC, Vision Jeunesse Nouvelle AC, EP Kinyinya AC (Gasabo), Kavumu AC, Ngororero AC Huye AC n'abana baba mu bigo bya Isonga Program.

Iri rushanwa rizareberwamo urwego rw’abakinnyi bazahagararira u Rwanda ku rwego mpuzamahanga mu gihe hitegurwa amarushanwa atandukanye.

Muri ayo harimo Shampiyona y’Isi izabera i Tokyo mu Buyapani muri Nzeri, Shampiyona y’Isi yo gusiganwa mu muhanda izaba ku nshuro ya 26 i San Diego muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Shampiyona y’Isi ibera mu nzu izakinirwa i Nanjing mu Bushinwa.

Ubwo Shampiyona y'Igihugu y'Imikino Ngororamubiri iheruka kuba muri Gashyantare, Hitimana Noël wa APR A.C mu bagabo na Niyonkuru Florence wa Sina Gérard AC mu bagore, bitwaye neza mu gusiganwa metero ibihumbi 10.

Abakinnyi bo mu makipe atandukanye bazitabira Shampiyona y'Igihugu y'Imikino Ngororamubiri izabera muri Stade Amahoro ku Cyumweru
Niyonkuru Florence ari mu bitwaye neza muri Gashyantare