Ku Cyumweru mu tariki ya 21 Nzeri 2025, mu Buyapani hakomeje gukinirwa imikino ya Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku maguru yitabiriwe n’ibihugu bitandukanye byo ku Isi.

Ikipe y’Igihugu ya Botswana yahagarariwe na Lee Bhekempilo Eppie, Letsile Tebogo, Bayapo Ndori na Busang Collen Kebinatshipi, bahangana n’ibindi bihugu muri metero 400.

Aba bakinnyi bitwaye neza bahiga ibindi bihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, baba igihugu cya mbere muri Afurika cyegukanye umudali wa Zahabu muri iki cyiciro.

Nyuma yo gukora aya mateka, Perezida wa Botswana Duma Boko, witabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yashimiye iyi kipe.

Ati “Nishimiye kubabwira ko amabuye y’agaciro ya Botswana atari mu butaka gusa, ahubwo anafitwe n’abakinnyi bacu bitwaye neza ku rwego rw’Isi.”

Ikindi kandi ni uko yahise atanga ikiruhuko mu gihugu hose giteganyijwe tariki ya 29 Nzeri 2025.

Ni ikiruhuko kibanziriza Umunsi Mukuru w’Ubwigenge wizihizwa tariki ya 30 Nzeri.

Botswana yaherukaga gukora ibitangaza mu mwaka ushize, aho Tebogo yegukanye Umudali wa Zahabu mu Mikino Olempike yabereye i Paris mu Bufaransa, mu cyiciro cyo gusiganwa muri metero 200.

Icyo gihe uwari Perezida wa Botswana, Mokgweetsi Masisi, yatanze ikiruhuko ndetse abaturage b’iki gihugu bahurira muri National Stadium kwishimira iyo ntsinzi.

Botswana yatanze ikiruhuko kubera abakinnyi bayo basiganwa ku maguru bitwaye neza i Tokyo