Niyonkuru usanzwe ukinira Ikipe ya Sina Gérard AC, ni umwe mu bakinnyi bane bahagarariye u Rwanda muri iri rushanwa Nyafurika riri kuba ku nshuro ya 24 aho rihuza abakinnyi bakomeye.

Abakinnyi 18 ni bo bagombaga gukina isiganwa rya nyuma rya metero 10.000 mu bagore, ariko hari batanu barimo Abarundi babiri, Niyomukunzi Francine na Ntakarutimana Egide, batigeze baritangira.

Iri siganwa ryegukanywe n’Umunya-Kenya Wanza Diana wakoresheje iminota 31, amasegonda 33 n’ibice 26, asiga amasegonda 10 Niyonkuru Florence wakoresheje iminota 31, amasegonda 43 n’ibice 73.

Ni mu gihe umwanya wa gatatu wegukanywe na Kiros Asefu Abrha wo muri Ethiopia, we wakoresheje iminota 31, amasegonda 45 n’ibice 91.

Umudali wa Feza wegukanywe na Niyonkuru, wabaye uwa kabiri u Rwanda rubonye muri Shampiyona Nyafurika y’uyu mwaka nyuma y’uwa Zahabu watwawe na Imanizabayo Emelyne ku wa Kabiri, mu gusiganwa metero 5000.

Ku wa Gatandatu, tariki ya 16 Gicurasi, hazaba hatahiwe Umutesi Uwase Magnifique uzasiganwa muri metero 200 mu gihe Iribagiza Honorine azasiganwa muri metero 800 ku Cyumweru.

Niyonkuru Florence ari kumwe na Wanza Diana wabaye uwa mbere muri metero 10.000 mu bagore
Niyonkuru Florence yegukanye umudali wa Feza abaye uwa kabiri
Umudali wa Niyonkuru watumye u Rwanda rugeza ibiri, aho wiyongereye ku watwawe na Imanizabayo Emeline
Niyonkuru Florence na Imanizabayo Emeline bafite imidali ibiri u Rwanda rumaze kubona muri Shampiyona Nyafurika