Kuba iyi pariki irimo inyamaswa nkuru eshanu nk’Intare, Imbogo, Ingwe, Inzovu n’inkura, biri mu byatumye isurwa ku kigero cyo hejuru ndetse umubare munini w’Abayisuye kuva muri Mutarama kugeza muri Werurwe wiganzamo Abanyarwanda.
Imibare igaragaza ko yinjije arenga miliyoni 1,33$ yavuye mu bukerarugendo n’ibikorwa by’ubucuruzi, bigaragaza izamuka rya 8% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu 2025.
Aha harimo ubwiyongere bw’ibyinjira bwagizwemo uruhare na gahunda ya Visit Rwanda n’ibindi bikorwa byifashishwa mu kuyimenyekanisha.
National Geographic yashyize Pariki y’Igihugu y’Akagera mu hantu 25 ku Isi abantu bakwiye gusura mu 2026, kubera ibyiza nyaburanga bihari.
Abaturiye Pariki y’Igihugu y’Akagera binjije agatubutse
Igihembwe cya mbere cya 2026 cyahiriye abaturiye Pariki y’Igihugu y’Akagera kuko binjije arenga ibihumbi 168,22$ binyuze mu mishinga igamije kuyibungabunga.
Abakora uburobyi binjije 59.770$, abakora ubuvumvu binjiza 17.309$ mu gihe abakora ubukorikori, ubworozi bw’inkoko n’amacumbi binjije 16.998 $.
Abaturage bari mu bashinzwe kuyobora ba mukerarugendo binjije 31.922 $ mu gihe koperative z’abubatsi na ba nyakabyizi byinjije 42.227$.
Inyamaswa zashyizweho GPS
Inyamaswa muri Pariki y’Igihugu y’Akagera ziba zitembera bitewe n’aho zishaka kuba ziri. Bivuze ko iyo mwahuriye mu gace kamwe uyu munsi atari ho uzongera kuyisanga kuko ari icyanya gifunguye.
Hagati ya Mutarama na Werurwe 2026, intare eshatu zashyizweho ikoranabuhanga rya GPS, binakorwa ku nzovu imwe mu gihe inkura z’umukara 17 zashyizweho ikoranabuhanga rya ‘VHF transmitters’ mu ihembe.
Intare eshanu z’ingore zabonerejwe urubyaro hagamijwe kugenzura uburyo zororokamo.
Pariki y’Akagera yashinzwe mu 1934, ifite ubuso bwa kilometero kare 1.122, ikaba ibarizwamo inyamaswa zirenga 11.300, harimo intare 60, inzovu 142, imbogo 4.000, twiga 115, ingwe ziri hagati ya 80 na 100 n’inkura 145.
Harimo kandi amoko y’ibinyugunyugu 179, imparage 2.000, impara 1.500 n’impyisi ziri hagati ya 120 na 150. Harimo imvubu ziri hagati ya 1.500 na 1.800, inyemera 1000 n’indonyi zirenga 1000.
Ni parike ifite amoko y’inyoni agera kuri 500. Ni yo pariki ifite amoko y’inyoni menshi mu Rwanda kuko Parike ya Nyungwe ifite 300, Gishwati n’iy’Ibirunga zikabarirwa munsi y’uwo mubare.









































































Loading comments...
Tanga igitekerezo