Ni nyuma y'uko REG VC yageze muri ½ cy’iri rushanwa riri kuba ku nshuro ya 47 isezereye KPA VC yo muri Kenya iyitsinze amaseti 3-1 (28-26, 25-18, 17-25, 30-28).
Uyu mukino wabereye muri BK Arena kuri uyu wa Kane, tariki ya 30 Mata 2026, ni wo wabimburiye indi ya 1/4 mu gihe ukurikirwa n’uhuza Kepler VC na Police VC na zo zo mu Rwanda.
Itsinda hagati ya Kepler VC na Police VC, ni yo izahura na REG VC muri ½, bivuze ko ikipe imwe yo mu Rwanda izakina umukino wa nyuma uyu mwaka.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya Kepler, Nathalie Munyampenda, yavuze ko atitaye ku biva mu mukino ubahuza na Police VC, icy’ingenzi ari uko hari ikipe y’u Rwanda izakina umukino wa nyuma.
Happy that no matter what happens in our game shortly against Police VC, a Rwandan team will play in the Africa men’s volleyball champions league final and has a chance to make the world club championship.
We have worked hard as clubs to raise the level and voila! 🙌🏿🇷🇼
— Nathalie Munya (@nathmunya) April 30, 2026
Amakipe atatu ya mbere muri iri rushanwa ni yo azabona itike y’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe.
Mu nshuro zibanza z’iri rushanwa, amakipe y’u Rwanda yageze kure ni Gisagara VC yabaye iya gatatu mu 2022 ubwo ryari ryabereye i Kelibia muri Tunisia naho APR VC yabaye iya kane ubwo ryari ryabereye i Misurata muri Libya mu 2025.






Loading comments...
Tanga igitekerezo