Ni umukino wabaye kuri iki Cyumweru, tariki ya 17 Gicurasi 2026, kuri Petit Stade i Remera, nyuma y’uko Ikipe ya Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu yavuye inyuma igatsinda imikino ibiri iheruka, yaratsinzwe ibiri ya mbere.

Intangiro z’umukino wa nyuma zari zikomeye, ariko REG VC yegukana iseti ya mbere ku manota 25-22, biyifasha kwinjira mu iseti ya kabiri yegukanye biyoroheye ku manota 25-14.

Mu iseti ya nyuma Police VC yashatse kugaruka mu mukino, ariko irinanirwa kuko REG VC yahise itsinda amanota 25-23, ihita inegukana Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda ya 2025/26, kuko yujuje intsinzi 3-2.

Ni igikombe ikipe ya Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu, yaherukaga mu 2022.

Igikombe cyari gifitwe na APR VC na yo yatsinze Police VC ku mukino wa nyuma wa Shampiyona ya Volleyball ya 2024/25.

Aya makipe yombi yahise anabona itike yo kuzasohokera u Rwanda mu mikino ya ‘African Volleyball Clubs Champions Championship’, rihuza amakipe yo muri Afurika yabaye aya mbere iwayo.

Mu bakinnyi bitwaye neza muri uyu mwaka harimo Sibomana Placide wabaye utanga imipira mwiza ‘Best Server’, Gisubizo Merci aba uwakira imipira mwiza ‘Best Receiver’, Ntanteteri Crispin aba ufasha bagenzi be gutsinda ‘Best Setter’.

Matui Nicholas yabaye usatira mwiza ‘Best Attacker’, Twagirayezu Emmy aba uhagarika imipira neza ‘Best Blocker’, Niyigena Jules aba ‘Best Libero’. Umukinnyi mwiza w’irushanwa ‘MVP’ ni Matui Nicholas.

APR WVC ni yo yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda mu Bagore, nyuma yo gutsinda Kepler WVC intsinzi 3-0.

Abakinnyi Police VC yifashishije kuri uyu mukino
Abakinnyi REG VC yifashishije kuri uyu mukino
REG VC yatsinze Police VC amaseti 3-0 mu mukino wa gatanu mu ya kamarampaka
REG Volleyball Club yaherukaga Igikombe cya Shampiyona mu 2022
Abafana ba REG VC bayibaye hafi muri uyu mukino
Abakinnyi ba REG VC bishimiye kwegukana Igikombe