Muri Gicurasi 2026, uru rukiko rwari rwahagaritse by’agateganyo imirimo yo kubaka ikigo mu birindiro bya gisirikare bya Laikipia mu Karere ka Nanyuki, nyuma y’ikirego cyatanzwe n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Katiba Institute.

Ku wa 22 Kamena, umucamanza Patricia Nyaundi yavuze ko Minisitiri Duale yanze kumvira urukiko akomeza gushyigikira iyubakwa ry’iki kigo kizaba kirimo ibitanda 50, bityo ko agomba gukatirwa kuri uyu wa 23 Kamena 2026.

Iki kigo kigamije kwakira Abanyamerika bakekwaho kwandura Ebola yugarije uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; mu Ntara ya Ituri, Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Uyu mushinga wateje imyigaragambyo ikomeye muri Nanyuki yaguyemo abantu batatu, barimo umunyeshuri w’imyaka 17, Sylvester Muigai Ndung’u, wapfuye arashwe mu mutwe na Polisi.

Katiba Institute ishimangira ko iki kigo gishobora gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga gakomeye. Minisiteri y’Ubuzima yo yireguye ivuga ko imirimo yakomeje ikorwa gusa ku bw’inyungu z’igihugu, ariko umucamanza yabyanze avuga ko icyemezo cy’urukiko kigomba kubahirizwa uko cyakabaye.

Perezida William Ruto na we aherutse gushyigikira uyu mushinga, avuga ko kwangira Amerika byari kuba ari ubugome, asaba abanyapolitiki kutarangaza abaturage.

Kenya ntiragaragaramo Ebola, gusa muri RDC hamaze kwandura abasaga 1.000 naho muri Uganda handuye 19 kugeza ku wa 8 Kamena 2026.

Uyu mushinga wamaganywe bikomeye n’ihuriro ry’abaganga muri Kenya (KMPDU). Umunyamabanga Mukuru waryo, Davji Bhimji Atellah, yavuze ko Kenya itagomba kuba ahantu ho kohereza ibyorezo byica.

Amerika yo yemeye gutanga miliyoni 13,5 z’Amadolari zo gufasha Kenya kwitegura guhangana na Ebola. Muri rusange, iki gihugu cyahaye akarere miliyoni $ 112 zo kugafasha kurwanya iki cyorezo.

Minisitiri Aden Duale yahamijwe icyaha cyo gusuzugura urukiko, akaba akatirwa kuri uyu wa 23 Kamena