Umuhango wo kwakira aba bakozi bashya wabaye ku wa Gatanu, tariki ya 22 Gicurasi 2026, mu Ishuri ry’Urwego rushinzwe Igorora riherereye i Nsinda mu Karere ka Rwamagana.
Mu bashyitsi bitabiriye uyu muhango harimo Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Dr. Vincent Biruta; Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba, Dr. Nyirahabimana Jeanne; Gen Maj Karusisi Ruki ukuriye Ingabo zibarizwa muri Diviziyo ya Gatanu ibarizwa mu Ntara y’Iburasirazuba n’abandi bayobozi bo mu nzego z’umutekano zirimo polisi y’igihugu.
Abofisiye bato basoje aya mahugurwa ni icyiciro cya kabiri aho hatanzwe ipeti rya Assistant Inspector ku basore n’inkumi 146 barimo abakobwa 21 n’abahungu 125.
Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Dr. Vincent Biruta, yavuze ko RCS yungutse amaboko mashya azabafasha gucunga no kugorora abantu bagonganye n’amategeko hubahirizwa uburenganzira bwabo, hagamijwe kubagorora bagahinduka, bakazataha barabaye abaturage beza bagendera ku mategeko kandi bashobora kwigirira akamaro bakanakagirira imiryango yabo n’igihugu.
Minisitiri Biruta yavuze ko RCS igomba kugira abakozi bahagije kandi bafite ubumenyi n’ubushobozi bwo kugorora abahamijwe ibyaha n’inkiko. Yongeyeho ko Leta izakomeza guha iri shuri ubushobozi kugira ngo rikomeze kunoza imyigishirize no kongera umubare w'abo rihugura.
Ati “Tubitezeho kuzaba abakozi beza ndetse n’abayobozi beza b’uru rwego mwahisemo, tubitezeho kandi kubumbatira umutekano w’igihugu biciye mu gucunga neza amagororero muzaba mukoreraho, mushyira mu bikorwa inyigisho zo kugorora nk’uko mwazigishijwe, mwita ku burenganzira bw’abagororwa, mwirinda imyifatire igayitse yo kwishora mu byaha birimo ruswa, iteka mugaharanira inyungu z’urwego mukorera n’igihugu.’’
Umuvugizi wa RCS, CSP Sengabo Hillary, yavuze ko aba basore n’inkumi basoje amahugurwa, bahabwa amasomo agiye atandukanye yibanda ku kugorora ku buryo baba bashobora kugorora abanyabyaha bakava mu magororero bameze neza.
Ati “Icyo tubasaba ni ukugira imyitwarire myiza iranga abanyamwuga, ikindi ni ukubasaba gushyira mu bikorwa amategeko n’amabwiriza ya RCS ndetse no kugerageza gushyira amavugurura mu bikorwa ndetse no gufata neza abantu bari mu magororero.’’
Sengabo yasabye kandi ab’igitsina gore kwitabira kwinjira muri RCS kuko hari serivisi nyinshi bakenewemo. Yavuze ko bubahiriza serivisi mpuzamahanga aho nta mugabo uha serivisi umugore ari na yo mpamvu bakenewe cyane.
Ati “Turakangurira ab’igitsina gore kuko uyu mwuga na bo bawukenewemo, twubahiriza amategeko mpuzamahanga aho nta muntu uri mu igororero ari umugore uherekezwa n’umugabo. Nta mugore uri mu igororero ushobora guhabwa serivisi n’umugabo ni yo mpamvu dukenera cyane ab’igitsina gore ko baza kuko baba bafite akazi kabo kihariye.’’
Ni ku nshuro ya kabiri Ishuri ry’Amahugurwa rya RCS rya Nsinda riherereye mu Karere ka Rwamagana rishyize hanze abarangije amasomo mu cyiciro cy’abofisiye bato, nyuma y’icyiciro cya mbere cyasoje amasomo mu 2024.









































































































Amafoto: Herve Kwizera





Loading comments...
Tanga igitekerezo