Ni igikorwa cyari cyitabiriwe kandi na Perezida Macron, Meya w’Umujyi wa Paris, Emmanuel Grégoire; abayobozi bo muri Guverinoma z’ibihugu byombi, Umunyamabanga Mukuru w’umuryango OIF uhuza ibihugu bikoresha Igifaransa, Louise Mushikiwabo, Perezida wa IBUKA-France, Marcel Kabanda n’abarokotse Jenoside.
Mu ijambo rya Perezida Kagame, yashimye mugenzi we w'u Bufaransa, Emmanuel Macron ku kuba yaremeye uruhare igihugu cye cyagize mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kandi iki gihugu cyari gifite ubushobozi bwo kuyihagarika.
Mu butumwa bwatanzwe na Perezida w'u Bufaransa, Emmanuel Macron, yakuriye inzira ku murima abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bibwira ko babonye ubuhungiro mu gihugu cyabo, ashimangira ko nta n'umwe uri hejuru y'amategeko kandi ko abahungiye mu Bufaransa bibeshye cyane.
Nyuma yo gufungura uru urwibutso ku nkombe z’Umugezi wa Seine mu Mujyi wa Paris, Macron yakiriye Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame mu musangiro.
Aya ni amafoto yaranze icyo gikorwa cyo gufungura urwibutso n'umusangiro wahuriwemo n'abakuru b'ibihugu byombi, kuva ku ntangiriro kugera bisojwe.


























































































Loading comments...
Tanga igitekerezo