Kuba rwari uruzinduko rw’amateka kandi rufite byinshi rusobanuye ku bakuru b’ibihugu byombi n’abaturage muri rusange, byatumye uyu munsi abakoresha imbuga nkoranyambaga n’abandi bagikomeje kugaruka ku byaruranze.
Benshi na n’ubu baracyavuga ku buryo umutekano wari ucunzwe ku mpande zombi, abashinzwe kurinda abakuru b’ibihugu ubona bunze ubumwe, bari gukorera hamwe mu buryo budasanzwe.
Hari andi mashusho yakoze benshi ku mutima, y’umusirikare w’u Rwanda n’uwa Congo ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu, aho uw’u Rwanda yegereye mugenzi we wa Congo akamusuhuza (bimwe urubyiruko rwita gutanga chance), bakaganira gato imbere yabo mu mazi hari ubwato bugenda.
IGIHE yakusanyije amwe mu mafoto benshi mu bakurikiye uru ruzinduko mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga batabonye by’umwihariko agaragaza abashinzwe umutekano ku mpande zombi.





















Amafoto: Niyonzima Moïse




Loading comments...
Tanga igitekerezo