{Ntibyari bimenyerewe ko kuri Sports View Hotel hakubita hakuzura nk’uko byagenze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Ugushyingo mu gitaramo cyateguwe n’itsinda ry’Abarundi barimo icyamamare Big Fizzo n’itorero ry’ababyinnyi n’abavuzi b’ingoma bazwi ku izina ry’Abagumyabanga.}

Uyu ni umwe mu bavuzi b'ingoma wo mu itsinda ry'Abagumyabanga ari kwerekana ubuhanga bwe imbere y'abantu

Aba bantu bari bitabiriye, bagaragaje kuryoherwa n’imbyino z’iri torero ry’Abagumyabanga ndetse banishimana n’abahanzi banyuranye bari baturutse i Burundi.

Benshi kandi baryohewe no kongera gucurangirwa indirimbo za kera ziranga umuco bita “kama” w’Abarundi, zacurangwaga muri iki gitaramo na Dj Bissosso.

Big Fizzo, wari umaze icyumweru ahumeka umwuka w’i Rwanda, niwe waje guhagurutsa abafana benshi, aba ari nawe usoza iki gitaramo mu ndirimbo ze zikunzwe cyane by’umwihariko iyitwa “Bajou”.

Mu ijambo rye, Minisitiri wa Siporo n’Umuco, Mitali-K-Protais, nawe wari witabiriye iki gitaramo nk’uhagarariye u Rwanda, yavuze ko u Rwanda rwishimiye kuba Abarundi barateguye iki gitaramo, anabizeza ko hagiye kurebwa uko nabo bazajya gukora ikindi cyo kwishyura, dore ko akebo kajya iw’amugarura.

U Rwanda n’u Burundi bifatwa nk’ibihugu by’impanga bitewe n’uko kera byahoze ari igihugu kimwe (Rwanda-Urundi) bikaba bijya guhuza ururimi n’imico.

Kuri uyu munsi w’igitaramo ariko, mu Kirundo [umupaka uri mu majyepfo y’u Rwanda] hari habaye ibiganiro by’amasaha arenga abiri hagati y’abayobozi b’impande zombi, higwa ku kibazo cy’Abanyarwanda baherutse kwirukanwa mu Burundi; hemezwa ko u Burundi bwakoze amakosa ariko ko agiye gukosorwa ndetse bamwe mu birukanywe bemererwa guhita basubirayo.

Amwe mu mafoto y'uko igitaramo cyari kimeze:

Fizzo aririmba
Abana bishimiye gukora ku nkweto ya Faious
Abantu bari benshi kandi bagaragaza ko bishimiye iki gitaramo cyongeye guhuriza hamwe Abarundi
Fizzo yabyinanye n'abakunzi be indirimbo ze zirimo Ndakumisinze, Akabajou, Nakulove n'izindi
Akanyamuneza kari kose mu gihe ku bandi amashyshyu yari yabishe bashaka kongera kwiyibutsa umuco "kama"
Abayobozi ku mpande z'ibihugu byombi bari bitabiriye iki gitaramo; i bumoso ni Minisitiri Mitali w'u Rwanda i buryo ni umuyobozi w'i Burundi
Fizzo mu mutwe we harimo "Teinture"
Indirimbo Akabajou yishimiwe n'abantu benshi mu gitaramo cy'Abarundi baba mu Rwanda cyabereye Sports View kuri iki Cyumweru
Abavuzi b'ingoma b'Abarundi bazwiho ubuhanga buhanitse haba mu kuvuza ingoma yewe no mu kubyina
Biteganijwe ko Big Fizzo akomereza i Huye, aho azaririmba mu gitaramo cyitwa The Explosion kizabera muri NUR kuwa Gatanu