Trump yavuze ko Amerika yafashije mu gushyira mu kato abarwaye no kugenzura ingendo mu duce twibasiwe n’icyorezo, ashimangira ko ibyo byagize uruhare mu kugabanya ikwirakwira ryacyo.

Trump ati “Aba Perezida babiri bo mu bihugu bya Afurika baransanze bambwira ko bishimiye cyane ibyo twakoze.Twe twatanze miliyoni 375 z’Amadolari yo kwifashisha mu guhangana na Ebola, mu gihe ahasigaye ku Isi nta kintu bo batanze gifatika.”

Ubwoko bwa Ebola buri gukwirakwira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda bwitwa Bundibugyo. Iyi Ebola ntifite urukingo cyangwa umuti wemewe kugeza ubu.

Ikomeje kugaragara mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho kugeza ku wa 17 Kamena 2026, abantu 837 aribo bari bamaze kuyandura, 196 barapfa. Muri Uganda hamaze kuboneka abantu 19 bayanduye, babiri muri bo barapfuye.

Mu itangazo Trump yashyize hanze Ku wa 17 Kamena 2026, yagaragaje ubukana bw’iki cyorezo anashimangira ko Amerika iri gushyira imbaraga mu kukirwanya.

Ati “Twakoze akazi gakomeye. Ni indwara mbi cyane kandi iteye ubwoba. Ku bw’amahirwe, ntabwo ikwirakwira byoroshye nka COVID-19, ariko irakomeye. Twakoze akazi keza ko kwimurira abantu ahantu hagenewe akato no mu bindi bice byabugenewe.”

Inzego zishinzwe ubuzima zishishikariza ibihugu byo mu karere kongera ubushobozi bwo gukurikirana, gupima no gukumira ikwirakwira rya Ebola.

Perezida Trump yavuze ko Amerika yakoze ibikomeye mu kurwanya Ebola muri Afurika