Uko byagenda kose muri aho hantu harimo no muri Pariki y’Akagera isurwa umunsi ku wundi na ba mukerarugendo baturutse impande z’Isi.

Mu 2024, abayisura biyongereyeho 3,83% bagera ku 56.219, bavuye ku 54.141 bayisuye mu 2023.

Mu mwaka wa 2024, Pariki y’Akagera yinjije miliyoni 4,7$ avuye kuri miliyoni 4,6 $ yari yinjije mu mwaka wa 2023. Buri gihe 10% by’ayo mafaranga bihabwa abaturage.

Ni pariki iri ku buso bwa kilometero kare 1122. Yashinzwe mu 1934. Ibarizwamo zimwe mu nyamaswa zizwi cyane ku Isi zirimo; Intare, Ingwe, Inzovu, Inkura n’Imbogo.

Wifuza gusura iyi Pariki usanganirwa n’inyamaswa nyinshi, aho imibare iheruka yagaragaje ko ibarizwamo inyamaswa zirenga 11.300.

Nusura Pariki y’Akagera uzasanganirwa n’inyamaswa nini (Big Five) zirimo intare 60.

Muri Pariki y’Akagera kandi habarizwa inzovu 142, imbogo 4000, ingwe ziri hagati ya 80 na 100 n’inkura 145. Habarizwa kandi twiga zingana 115.

Ni parike ifite amoko y’inyoni agera kuri 500. Ni yo pariki ifite amoko y’inyoni menshi mu Rwanda kuko Parike ya Nyungwe ifite 300, Gishwati n’iy’Ibirunga zikabarirwa munsi y’uwo mubare. Habarizwamo kandi amoko y’ibinyugunyugu 179.

Usura Pariki y’Akagera asanganirwa n’imparage zigera ku 2000 zibarizwamo, impara zigera ku 1500 n’impyisi ziri hagati ya 120 na 150. Habarizwa imvubu ziri hagati ya 1500 na 1800, inyemera zirenga 1000 n’indonyi zirenga 1000.

Umuyobozi ushinzwe ibijyanye n'inkunga na raporo muri Parike y’Akagera, Karinganire Jean Paul, yavuze ko iyi pariki iha akazi abantu 327 bahoraho n’abandi barenga 200 babarizwa mu makoperative bakora nka nyakabyizi.

Nk’ibinyabuzima na byo bihura n’ibibazo bitandukanye aho hari izirwaragurika, izipfa kurusha izindi n’ibindi.

Mu nyamaswa zo muri Pariki y’Akagera mu zororoka kurusha izindi harimo nk’Intare kuko biyisaba amezi atatu ngo ibwagure. Icyakora zigira ibizigora cyane bituma zipfa vuba.

Karinganire ati “Hari n’inyamigeri aho zimwe zibyarira amezi atanu cyangwa atandatu. Muri rusange harimo impara, imparage, indonyi, inyemera n’imbogo zirororoka cyane kuko ziri mu nyamaswa nyinshi.”

Buri nyamaswa yapfa ariko izihigwa cyane ni zo ziba zifite ibyago byo gupfa. Icyakora nubwo intare zororoka cyane na zo ziba zifite ibyago byo gupfa kuko itarenza imyaka 15 ikiriho. Muri rusange inyamaswa zirya inyama ntabwo ziramba.

Mu nyamaswa zirama harimo ingona kuko zishobora kubaho imyaka 70 iba mu ishyamba mu gihe iyororewe mu nzu ishobora kumara imyaka 120.

Mu zindi nyamaswa zirama harimo n’utunyamasyo, inzovu na yo ishobora kumara imyaka 70 yabayeho neza. Inkura, imbogo, Twiga na zo ziraramba iyo nta kintu cyazihungabanyije.

Mu nyamaswa zisurwa cyana ni ziriya eshanu nini zirimo Intare, Inzovu, Imbogo, Inkura n’Ingwe, hakiyongeraho Twiga cyangwa Udusumbashyamba ndetse hari n’abakunda gusura inyoni zaba izo mu mazi n’izindi utabona ahandi ku Isi.

Karinganire yakomeje ati “Ushobora kuza hano mu nyamaswa eshanu nini ukabona enye ukaburamo ingwe. Ushobora no kubura intare kuko utaje nijoro ariko na none bigaterwa n’ibice wasuye. Niba ari ibihuru cyane utarenza amaso metero eshanu hari inyamaswa utabona. Bijyana n’imiterere ya pariki n’imyitwarire y’inyamaswa.”

Ku gihe cyiza cyo gusura Parike y’Akagera, Karinganire yavuze ko ibihe umuntu ashakiye byose yabona inyamaswa ariko yemeza ko mu mpeshyi ari bwo ikunze gusurwa cyane.

Ati “Icyakora mu bihe nko muri Mata no muri Gicurasi tugira abantu bake kuko haba hari mu bihe by’imvura.”

Umumaro Pariki y’Akagera ifitiye abaturage bayituriye ubarwa mu buryo butandukanye bijyanye n’ibyo bayikuramo cyangwa abayigana batanga kuri abo baturage.

Karinganire yavuze ko muri Pariki y’Akagera bafite koperative iroba amafi aho umwaka ushize yarobye toni zirenga 130 z’amafi mu biyaga nka Ihema, Hago, Birengero na Kivumba bakuramo ibihumbi 121$ (arenga miliyoni 174,8 Frw).

Ati “Koperative z’ubuki dukorana zahakuye mu mwaka ushize toni zirenga 13 z’ubuki zibonamo ibihumbi 60$ (arenga miliyoni 86,7).”

Ikindi ni uko ubaze ibintu byose abakora muri Pariki y'Akagera baguze mu baturage nk’amabuye, umucanga, amatafari, ibiti, ibikoreshwa muri hoteli, imyambaro, ibiribwa, ibinyobwa n’ibindi byose ubiteranyije byarenze ibihumbi 700$ (arenga miliyari 1,01 Frw).

Karinganire yavuze ko Pariki y'Akagera ifasha no mu bijyanye n’ubushakashatsi, kuko ikorana n’imiryango ibungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, kaminuza zitandukanye zaba izo mu Rwanda no mu mahanga.

Parike y’Akagera kandi ifite umwihariko wo kwimurirwamo izindi nyamaswa zavuye mu bihugu bitandukanye, aho mu 2015 hazanywemo Intare icyenda, mu 2017 na 2018 hazanwa Inkura z'umukara zavanywe mu Burayi no muri Afurika y’Epfo, mu 2021 hazanwa Inkura 30 mu gihe mu 2025 hazanywe Inkura z’umweru 70.

Buri mwaka abana b’abanyeshuri barenga 2000 barayisura, ndetse abaturage baturiye iyi pariki barenga 3000 barayisura binyuze muri gahunda yo gutanga uburezi bwibanda ku kurengera ibidukikije. Ibyo iyi pariki yinjiza biyihaza ku rugero rwa 90%.

Imvubu igira amenyo manini kandi akomeye
Intare ifatwa nk'umwami w'ishyamba
Inzovu zirimo kwambuka umuhanda, umwana wazo na we ari inyuma
Muri Pariki inyamaswa zose zirisanzura, zaba iziguruka, izo mu mazi cyangwa ku butaka
Inzovu igira ubushobozi bukomeye bwo kwibuka
Imbogo utayizi wagira ngo ni inka iteye ukundi
Imbogo zizihiwe, zirimo gusiganwa zinyura mu kidendezi
Hari aho usanga imbogo zakoranye ari nyinshi
Izi nyoni benshi bazizi nka Murabafi
Impyisi zikunze kugaragara cyane ku mugoroba
Imvubu ni inyamaswa yihagazeho mu mazi, nubwo ijya ikuka ikajya imusozi
Inkura igira ingufu nyinshi, n'ihembe ku zuru ikoresha mu kurwana
Iri hembe ry'Inkura ryihagazeho
Ingona ni inyamaswa ikunda kuba yihishe ariko icyo ifashe ntijya irekura
Inkorongo ni inyamaswa idakunda kuboneka, aho bibarwa ko muri pariki hasigayemo izitarenga ijana
Ingwe ni inyamaswa ziba muri Pariki y'Igihugu y'Akagera ariko zidakunze kuboneka, kereka mu masaha y'ijoro
Inzovu zikunze kugenda ziri hamwe
Pariki y'Igihugu y'Akagera igizwe n'imirambi, imisozi migufi n'ibiyaga
Imbogo zikunze kurisha mu kivunge, cyane cyane mu kibaya
Pariki y’Akagera igizwe n’ibiyaga 10. Birimo Ihema yakuye izina ku Babiligi bahashinze amahema ubwo bashakishaga isoko ya Nil
Muri Pariki y'Igihugu y'Akagera hanaboneka amoko anyuranye y'inyoni n'ibisiga, ibi bizwi nka Marabou stork
Inzovu zari zabonye ibyatsi bitoshye, zabiteraniye
Iyi nyamaswa izwi nk'Agasumbashyamba, irisha mu biti hejuru
Inzovu ni inyamaswa yubahwa cyane muri Pariki
Iyi nyoni nkuru izwi nka African darter
Aba ni abana ba African darter, bategereje amahaho ya nyina
Isatura bamwe bazita ingurube z'ishyamba nazo ziboneka muri Pariki y'Akagera
Inyoni n'ibisiga iyo bihaze bijya mu myiyereko
Inzovu iyo uyisanze mu nzira ni ukuyireka ikabanza guhigama, nta we uyikanga
Izi nyamaswa zikunze kwibasirwa na ngenzi zazo zitunzwe n'inyama
Imbogo bamwe bazi nka 'Rwarikamavubi' zikunze kugira amahane
Imbogo zikunze kugendera hamwe nk'igihe zirisha
Imparage ziboneka cyane muri Pariki y'Akagera
Impyisi zikunze kugenda hafi y'inyamaswa z'inkazi, zica ibisimba byinshi byo kurya
Isha ziboneka muri Pariki y'Igihugu y'Akagera ku bwinshi
Muri Pariki y'Akagera haboneka Ibitera, cyane cyane mu gice umuntu yinjiriramo muri pariki
Imparage yari ihaze ubwatsi irimo kota akazuba
Isatura ni inyamaswa ifatwa nk’idatekereza cyane
Izi ushobora gukeka ko ari za hene tworora
Imvubu ziba zizihiwe n'amazi zituyemo, ndetse zishobora no kuba imusozi
Igitera cyicaye kireba umwana wacyo
Imparage ni inyamaswa zizwiho kugira uruhu rwiza
Ingwe ntabwo umuntu yayegera uko yiboneye, nubwo kuyibona ubwabyo biba bitoroshye
Ingwe ni inyamaswa itinywa cyane mu zo mu ishyamba
Imvubu yari yavuye mu mazi ijya kurisha ku gasozi
Imbogo zishaje zikunze kugenda zonyine
Gasumbashyamba iba yirira amababi y'ibiti
Iki gisiga hari benshi bakimenye nka Murobyi
Iki gisiga cyitwa Lizard Bizzard
Ingwe ni inyamaswa idakunze kuboneka
Iyi ni imwe mu nyoni ziba mu Akagera, izwi nka Black-headed Gonolek