Iryo jambo risobanura “Kwimura itariki yo gusubiramo amatora ya Perezida ku nshuro ya kabiri”
Ryatsinze nyuma yo kubona amajwi menshi mu irushanwa ry’umwaka ryateguwe na Kaminuza ya Graz n’Ibiro Ntaramakuru by’Abanya-Autriche (APA), irushanwa ryitabiriwe n'abantu barenga ibihumbi 10.
Rivuga ku matora ya Perezida wa Repubulika yari ateganyijwe muri icyo gihugu tariki ya 22 Gicurasi 2016, akaza kuburizwamo n’urukiko rurengera Itegeko Nshinga muri icyo gihugu, nyuma yo gusanga yabayemo uburiganya. Nyuma yimuriwe mu Ukwakira, ariko nabwo ntiyaba ashyirwa mu Ukuboza uyu mwaka.
Mu cyiciro cya mbere cy’amatora, Norbert Hofer wo mu ishyaka ry’abaharanira ukwishyira ukizana kwa Autriche, yari yatsinze Alexander Van der Bellen, ariko nyuma y’uko ayo majwi ateshejwe agaciro, Alexander Van der Bellen yaramwigaranzuye amutsinda ku majwi 53.8% mu matora yabaye ku Cyumweru tariki 4 Ukuboza, ndetse biteganyijwe ko azarahira ku wa 26 Mutarama 2017.





Loading comments...
Tanga igitekerezo