The Nation yatangaje ko aho kugira ngo uyu mukobwa aterwe doze imwe y’urukingo rwa Pfizer BioNTech ku kuboko, umuforomo yamuteye doze eshashatu icyarimwe, yibeshye.
Ubusanzwe agacupa kamwe k’urukingo rwa Pfizer kaba karimo doze esheshatu, kagaterwa abantu batandatu.
Umuganga yaribeshye akavoma kose akagatera uwo mukobwa w’umunyeshuri, mu gihe ubusanzwe umuntu ahabwa doze ebyiri za Pfizer nabwo mu bihe bitandukanye.
Uwo mukobwa yahise ajyanwa kwa muganga nyuma yo guterwa urwo rukingo ku Cyumweru, kandi amakuru ava mu bitaro yajyanywemo avuga ko ameze neza.
Aho byagiye biba ko umuntu aterwa doze nyinshi za Pfizer, ntaho byarenze doze enye. Hari ahandi byabaye nko muri Australia, u Budage, Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.





Loading comments...
Tanga igitekerezo