Ni irushanwa ryabaye kuva ku wa 22 kugeza ku wa 24 Gicurasi 2026, mu turere twa Gisagara na Huye, ryitabirwa n’amakipe hafi 60, arimo amato n’ay’abakuru, mu bagore no mu bagabo.
Umukino wari uw’ishiraniro ku munsi wa nyuma wakinwe ku Cyumweru, wahuje APR VC yakinnye na REG VC ishaka kwisubiza iri rushanwa yaherukaga gutwara mu 2019. Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yitwaye neza muri uyu mukino, iwutsinda ku maseti 3-2 ( 22-25, 25-18, 25-14, 22-25, 15-9).
Iri rushanwa ritegurwa mu rwego rwo kwibuka Rutsindura Alphonse wari umwarimu muri Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare, riko nanone akaba umukunzi n’umutoza wa Volleyball.
Muri iri rushanwa harimo Ikipe ya Imena y’abakanyujijeho yashinzwe n’abatojwe na Rutsindura. Abo ni Nsabimana Jean Bosco, Amb. Karabaranga Jean Pierre, Kayiranga Albert, Ngarambe Raphael n’abandi.
Nsabimana yavuze ko gushinga iyi kipe ari ukuguma mu murongo wa Rutsindura wo gutoza abato umukino, kugira ngo Volleyball y’u Rwanda ihatane ku ruhando mpuzamahanga.
Ati “Rutsindura yari umuntu wakundaga urubyiruko n’impano zarwo, adukundisha uyu mukino. Natwe twumvise ko tutabyihererana duhitamo gushinga ikipe ngo bibe uruhererekane. Ni nabwo buryo bwiza bwo kumwibuka.”
“Ntabwo Abarabu bakwiye guhora badutwara imidari kandi twaragize amahirwe yo kugira ubumenyi bwa Rutsindura.”
Umuyobozi Mukuru wa Seminari Nto ya Karubanda (PSVF) itegura iri rushanwa, Padiri Habanabashaka Jean de Dieu, yashimye ubwitabire butangaje muri iri rushanwa, asaba abarigiramo uruhare bose gukomeza uwo mutima.
Ati “Twagize amakipe arenga 60 harimo n'aya Volleyball yo ku mucanga, ni ikintu cyiza. Gukomeza gutegura iri rushanwa, bidushyira mu murongo mwiza wa Rutsindura, aho inshingano ye kwari ugutoza abana. Natwe ni cyo duharanira.”
Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Kamana André, na we yashimye PSVF ishyira imbaraga mu kwibuka Rutsindura kuko byereka urubyiruko ko na rwo rwakora byinshi byiza.
Yaboneyeho umwanya wo kwibutsa urubyiruko kuzirikana ko Rutsindura yishwe muri Jenoside, bityo bakazirikana ko ayo mateka mabi na yo yigisha ko abantu bagomba kwirinda urwango n’amacakuburi kuko bitubaka.
Andi makipe yitwaye neza ni ayo mu cyiciro cya kabiri cy’ibigo na kaminuza mu bagabo, aho Keystone yabaye iya mbere, naho mu bagore E Ste. Bernadette Kamonyi iba iya mbere.
Mu makipe y’abanyeshuri (Junior) mu bahungu, Nyanza TSS yatwaye igikombe, naho muri Tronc Commun mu bahungu PSVF iragitwara.
Mu mashuri abanza mu bahungu igikombe cyatashye muri GS Kigeme naho mu bakobwa gitwarwa na GS Gatovu.
Mu cyiciro cy’abakanyujijeho igikombe cyatwawe na Umucyo VC, naho muri Volleyball yo ku mucanga intsinzi yegukanwa na Serge wafatanije na Olivier.
Amakipe yo mu cyiciro cya mbere mu bagore yari yiyandikishije mu irushanwa ari yo Kepler WVC, APR WVC, RRA ntiyitabiriye irushanwa, bituma RP Huye na yo idakina irushanwa.
PSVF irateganya kubaka Gymnase izajya iberamo imikino y’intoki by’umwihariko iya Volleyball iri kumwe n’ibindi bibuga by’imikino, inyigo ikaba iri gukorwa ku buryo yazakinirwamo ubwo iyi mikino izaba iba ku nshuro ya 24.



























Loading comments...
Tanga igitekerezo