Abayobozi n’abakozi ba Letshego Rwanda Plc bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, basabwa gusigasira ubumwe
Umuyobozi Mukuru wa LETSHEGO AFRIKA HOLDING (Ifite icyicaro gikuru muri Bostwana) yasuye ishami rya LETSHEGO mu Rwanda yifatanya n’abakozi mu Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, basura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, bigishwa amateka yaranze u Rwanda mbere ya Jenoside, mu gihe cya Jenoside, uko yahagaritswe, kugeza ku bumwe n’ubwiyunge.